Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Intambara Irakaze Mu Nkengero Za Sake
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Intambara Irakaze Mu Nkengero Za Sake

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2023 11:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imirwano ikomeje guca ibintu hagati ya FARDC na M23. Kuri uyu wa Gatatu mu masaha y’umugoroba imirwano yari ikomeje guca  ibintu, M23 ishaka gufata agace ka Sake n’aho ingabo za DRC zishaka kuyikoma imbere.

Aho ruhinanye ni ahitwa Mushaki na Karuba muri Teritwari ya Masisi.

Abanyamakuru bakorera mu gace iri kuberamo bavuga ko amasasu aremeye yatumye abaturage bahunga berekeza i Goma mu Murwa mukuru w’Intara ya Kivu ya Ruguru.

Mu bahunga biganjemo abana kandi barahunga bagenda n’amaguru.

FARDC ikomeje kurasa mu duce tugenzurwa n’umutwe wa M23 kugira ngo ikumire ko inyeshyamba zifata agace ka Sake.

Ahandi ibintu bimeze nabi ni ahitwa kuri Antene no mu rusisiro rwa Nenero.

Imbuga zikoreshwa n’abari ku ruhande rw’inyeshyamba za M23 nazo zemeza iyi mirwano zikavuga ko yatangiye mu gitondo ku isaha ya saa kumi n’imwe.

Ngo ingabo za Leta ya Congo, FARDC n’abazifasha (FDRL-MAÏMAÏ-NYATURA-ACPLS-PARRECO-NDCRENOVE) n’abacanshuro bagabye igitero ahitwa Luhonga hafi ya Nenero no mu duce twa Mushaki, Ruvunda n’ahitwa Kingi.

M23 ivuga ko yafashe agace k’ubukerarugendo ka Mushaki na Karuba muri Teritwari ya Masisi.

Ku rundi ruhande, hari amakuru avuga ko ingabo za DRC ari zo zigenzura aka gace.

Imisozi ya Mushaki na Nenero ni ahantu h’ingenzi ku rugamba. Hafite ubutumburuke burebure k’uburyo hirengeye Sake.

Aha hantu niho habaye itsimbaniro hagati ya M2 n’ingabo za DRC.

TAGGED:CongofeaturedIntambaraM23Sake
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CAF Yemeye Stade Ya Huye
Next Article Tour Du Rwanda: Umunya Afurika Y’Epfo Yegukanye Agace Ka Gatanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?