Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Itegereje Indege Z’Intambara Zizava Muri Georgia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC Itegereje Indege Z’Intambara Zizava Muri Georgia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 12:42 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihugu cya Georgia hari ikigo cyahawe ikiraka cyo kongerera indege z’intambara za DRC  ubushobozi bwo kurasa kure no kumara igihe ziri mu kirere ku rugamba ngo zizarwane na M23.

Ikinyamakuru Africa Intelligence kivuga ko Guverinoma ya DRC yatanze kiriya kiraka kugira ngo izo ndege zizabe zabonetse bitarenze muri Werurwe, 2024.

Ni kajugujugu esheshatu zo mu bwoko bwa Mi-24V zifite amabara aranga imyambaro y’ingabo za DRC.

Africa Intelligence yanditse ko abanyamakuru bayo biboneye izi ndege ziparitse mu mahema y’ikigo cya gisirikare cya Leta ya Georgia gikora iby’ikoranabuhanga mu by’indege z’intambara.

Icyo kigo kitwa TAM Management.

Amakuru avuga ko izo ndege DRC yaziguze na Ukraine mu mwaka wa 2010, ubu zikaba ziri gushyirwa ku rwego rwisumbuye mubyo kurwana zigashyirwa ku rwitwa Mi-24 Mk IV.

Abari kuzikora bari kuzongerera ubushobozi bwo guhashya umwanzi no kuziha uburyo bwo kubonera umwanzi kure.

Muri hangari ziparitswemo hari izindi ndege zo mu bwoko wa Sukhoi Su-25UB nazo zo muri DRC ziri kuvugururwa zigasanwa.

Izo ndege zose zageze mu Murwa mukuru wa Georgia witwa Tbilisi ziri mu ndege ya Antonov An-12.

Nyuma yo gutunganywa no gukorwa, ziriya ndege zizasubizwa muri DRC mbere ya Werurwe.

Amakuru avuga ko ziriya ndege zizakorana n’izindi DRC yavanye muri Chad binyuze mu kigo gitanga serivisi za gisirikare kitwa Agemira RDC cy’Umufaransa witwa Olivier Bazin.

Ibikorwa byo gutunganya ziriya ndege biri gukurikiranwa na Jenerali Frank Ngama Lebe ushinzwe ingabo zirwanira mu kirere na General Raoul Nono Ponge wungirije Gen Franck Ntumba ushinzwe ibikoresho bya gisirikare muri DRC.

Amasezerano y’iyi mikoranire yashyizweho umukono muri Kamena, 2023 ubwo umuyobozi wungirije w’ikigo TAM Management yajyaga i Kinshasa kuganira n’ubuyobozi bw’iki gihugu kuri iyo mikoranire.

Uwo muyobozi yitwa Michael Rogava, akaba yarasinye amasezerano afite agaciro ka miliyoni €16.

Imikoranire hagati ya Kinshasa na Tbilisi mu bya gisirikare yatangiye mu ntangiriro z’umwaka wa 2000.

Icyo gihe DRC yaguze indege 10 za Su-25 zakozwe n’ikigo Tbilisi Aircraft Manufacturing.

Hashingiwe kuri ayo masezerano, hari abapilote bo muri Georgia bagiye muri DRC inshuro nyinshi gutoza bagenzi babo bo muri DRC.

Georgia ni igihugu cyo mu Burayi bw’Uburasirazuba ikaba yarahoze Leta ziyunze z’Abasoviyete
TAGGED:CongofeaturedGeorgiaIndegeIntambaraM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Stade Amahoro Yashyizwemo Amatiyo Azayivomerera
Next Article Riderman Ati: Wakwanga Ute Bruce Melodie?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

You Might Also Like

Mu mahanga

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?