Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Ivuga Ko Indege Yayo Ya Gisirikare Yaguye Mu Rwanda Yari Iy’Ubutasi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

DRC Ivuga Ko Indege Yayo Ya Gisirikare Yaguye Mu Rwanda Yari Iy’Ubutasi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 November 2022 6:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo rya Guverinoma ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo rivuga ko indege y’intambara y’iki gihugu yaraye iguye i Rubavu yari iy’ubutasi kandi ngo nta bisausu yari itwaye.

Rivuga ko iriya ndege yaguye ku kibuga cy’indege cya Rubavu itabigennye, ko byayitunguye.

Ku rundi ruhande, DRC ivuga ko  yubaha ikirere cy’ibindi bihugu bityo ko itavogera icy’u Rwanda nkana.

DRC ivuga ko indege yayo yari iy’ubutasi bwa gisirikare

N’ubwo Kinshasa ivuga ityo, Kigali yo yayihaye gasopo iyisaba guhagarika ibyo yise ‘ubushotoranyi’.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda wungirije Bwana Alain Mukularinda yabwiye RBA ko  atari ubwa mbere DRC yanduranya ku Rwanda kuko hari n’izindi nshuro yarashe k’ubutaka bwarwo.

Alain Mukuralinda

Ikindi kandi ngo hari n’imvugo zimaze iminsi zikoreshwa na bamwe mu baturage bayo zigaragaza urwango k’u Rwanda, ibyo byose bikaba ari uburyo bwo gushaka gukora u Rwanda mu jisho.

Ahagana saa saba z’amanywa nibwo Itangazo ry’Ibiro ry’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda ryasohotse ryamagana ibyo iriya ndege yakoze.

Ryavugaga ko  iriya ndege ari iyo mu bwoko bwa Sukhoi-25  kandi ngo yaramanutse gato yegera  ku kibuga cy’indege kiri i Rubavu.

Ni ibyo muri iryo tangazo bise ‘touched down.’

Iryo tangazo rivuga ko ntacyo ingabo z’u Rwanda zayitwaye ndetse yaje kongera iraguruka isubira muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Indege Sukhoi Su-25 ngo yaguye i Rubavu itabiteganyije

Leta y’u Rwanda ariko irasaba iya Repubulika ya Demukarasi ya Congo kuzibukira ibyo kuvogera ikirere cyayo.

 

TAGGED:DRCfeaturedIndegeIntambaraRwandaUbutasi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Mafoto: Abahinde Bo Mu Rwanda Batashye Ingoro Yabo Ya Mbere Yo Gusengeramo
Next Article Kwita Kuri Pariki Byagiriye Akamaro Abazituriye- Kagame Abwira Abitabiriye Inama Ku Bidukikije
1 Comment
  • Isma says:
    08 November 2022 at 3:05 pm

    Ariko ntaho ivuga ko indege yayo ari iyibutasi?? Nyabuneka soma
    Neza ntabwo iryo tangazo warisomye wenyine. Ahubwo bavuga ko indege yari non arme sinzi ko aribyo bivuga ubutasi.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?