Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 October 2025 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Général-Major Sylvain Ekenge
SHARE

Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Général-Major Sylvain Ekenge yemeza ko igisirikare avugira cyategetse abarwanyi ba FDLR aho bari hose ko bose bishyikiriza ubuyobozi bw’ingabo habegereye.

Yasubiragamo ibikubiye mu itangazo ingabo z’iki gihugu zasohoye kuri uyu wa Gatanu tariki 10, Ukwakira, 2025 rivuga ko abo barwanyi bashobora no kwishyikiriza MONUSCO kugira ngo ibabarure ibone uko ibasubiza iwabo, mu Rwanda.

Muri iryo tangazo haranditse hati: “Ingabo za Repubulika ya Demukarasi zirahamagarira abarwanyi bose ba FDLR (Forces Démocratiques de Libération du Rwanda (FDLR), gushyira intwaro hasi bakishyikiriza ingabo z’igihugu zibegereye cyangwa bakagana MONUSCO kugira ngo ibabarure ibone uko ibacura iwabo mu Rwanda.”

Radio Okapi yandika ko bizakorwa mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyo u Rwanda rwemeranyije na Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu nama iherutse kubera i Washington yareberaga hamwe icyakorwa ngo amahoro mu Burasirazuba bwa DRC agaruke birambye.

Iyo nama yabaye tariki 01, Ukwakira, 2025 iyobowe n’umuhuza ari we Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Itangazo ry’ingabo za DRC ribuza buri musirikare uwo ari we wese kugira imikoranire iyo ari yo yose n’abarwanyi ba FDLR, rikavuga ko uzakorana nabo azabihanirwa bikomeye.

Ryungamo kandi ko nta muturage wemerewe gukorana n’abo barwanyil, ikabasaba ahubwo kubashishikariza kwishyikiriza inzego zavuzwe haruguru zibishinzwe.

Mu gihe hari abazinangira, iri tangazo rivuga ko bazamburwa intwaro ku ngufu, rikabasaba kutaruhanya ahubwo bakubahiriza ibyo basabwe mu rwego rwo gutanga umusanzu mu kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Tariki 21, Nzeri, Perezida Félix-Antoine Tshisekedi yaganiriye n’umujyanama akaba n’umukwe wa Perezida Donald Trump mu bibazo bya Afurika bahurira i New-York baganira uko inzitizi zigikumiriye ishyirwa mu bikorwa by’amasezerano aganisha ku mahoro yifuzwa.

Massad Boulos. (AP Photo/Yuhi Irakiza)

Ayo masezerano yasinywe tariki 27, Nyakanga, 2025 u Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Ambasaderi Olivier Patrick Nduhungirehe naho DRC ihagarariwe na Kayikwamba Wagner ushinzwe ububanyi n’amahanga.

Umunyamabanga wa Leta muri Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga Marco Rubio niwe wari uhagarariye iki gihugu.

Ubwo Tshisekedi yahuraga na Boulos ku itariki iri mu gika cya gatatu uzamuka, intumwa ya Amerika yavuze ko igihugu cye kiyemeje gukora ibishoboka byose amahoro arambye akaboneka.

Amerika ivuga ko amahoro naboneka mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, iki gihugu kizahinduka ahantu heza h’ishoramari kandi n’u Rwanda ruzabyungukiramo.

U Rwanda rwatangaje kenshi ko rutazakuraho ingamba z’ubwirinzi rwafashe ngo rurengere abarutuye igihe cyose FDLR izaba ikiri ho kandi ishyigikiwe na Kinshasa.

Itangazo rya FARDC rigenewe abarwanyi ba FDLR.
TAGGED:AmasezeranoCongoFDLRfeaturedIngaboMONUSCORwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa
Next Article Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Imirwano Hagati Ya Wazalendo Na FARDC Imaze Kugwamo Abantu 11

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?