Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Mu Majyaruguru Ashyira Uburasirazuba Abaturage Bari Kwicana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Mu Majyaruguru Ashyira Uburasirazuba Abaturage Bari Kwicana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 December 2022 2:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe bisa nk’aho nta handi abayobozi ba Repubulika ya Demukarasi ya Congo bahanze amaso uretse kuri  M23, mu Majyaruguru ashyira Uburasirazuba bw’iki gihugu abaturage bari kumarana.

Ni abaturage bo mu gace ka Kwamouth, uyu ukaba ari umujyi muto uherereye ahitwa Maï-Ndombe.

Ubwicanyi hagati y’abatuye ibi bice bushingiye ku moko atajya imbizi ku bintu bitandukanye birimo ubutaka n’urwuri.

Bamwe iyo bishe abandi none, ejo abandi nabo barihorera, gutyo gutyo…

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni ubwicanyi bwatumye abaturage benshi bava mu ngo zabo barahunga.

Hari abambutse uruzi rwa Kwa bajya gushaka ubuhungiro hakurya muri Teritwari ya Bolobo.

Muri Maï-Ndombe  abaturage bafitaniye inzigo kuko nta Cyumweru, ukwezi…bishira hatabayeho ubwicanyi bukozwe n’ubwoko bw’igice kimwe bwihorera ku byo bwakorewe mu gihe cyahise.

Mu ntangiriro za Nzeri, 2022 nibwo ubu bwicanyi bwadutse, bukomeza gufata indi ntera uko iminsi yahitaga indi igataha.

Mu gihe abo muri iki gice cya DRC bakomeje kwicana, ubuyobozi bw’i Kinshasa bwashyize imbaraga kubibera mu Burasirazuba bw’iki gihugu, aho umutwe wa M23 ari wo ugarukwaho cyane.

- Advertisement -

Hari bamwe mu baturage bo muri Maï-Ndombe bamaze guhungira mu Ntara ya Kwilu iherereye mu bilometero 245  uturutse i Kwamouth.

Imibare ivuga ko muri DRC hari abaturage b’impunzi z’imbere mu gihugu bagera kuri 5,000,000 kandi abo bose bakeneye iby’ibanze ngo babeho.

Ubuyobozi bwa DRC busa n’aho bwabuze ibyo bufata n’ibyo bureka.

Mu Burasirazuba bw’iki gihugu hamaze imyaka 28 haba imitwe y’abarwanyi yabujije ubutegetsi bw’i Kinshasa amahwemo.

Muri iyo mitwe harimo na FDLR kandi iyi niyo yateje ibibazo ku isonga kubera ko ari wo wagiye yo usize ukoze Jenoside mu Rwanda.

Ibyo bitekerezo byo kwanga no kurimbura Abatutsi byarakomeje ndetse muri iki gihe[2022] raporo zitangwa n’ubuyobozi bukuru mu Muryango w’Abibumbye zivuga ko hari ubwicanyi cyangwa itotezwa bikorerwa Abatutsi bo muri Kivu y’Amajyaruguru.

Umujyanama w’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu byerekeye kwirinda no kurwanya Jenoside Madamu Alice Wairimu Nderitu yavuze ko ibyo aherutse kubona bibera mu bice bya DRC aherutse gusura, ari impuruza y’ubwicanyi buganisha kuri Jenoside.

Abicana ni abo mu bwoko bwa Suku, Mbala, Yansi, Songe, Luba, Kongo, Yaka na Teke.

Hari abibaza impamvu ubuyobozi bwa DRC buticara ngo bushakire ibyo bibazo umuti urambye aho kugira ngo bukomeze gushinja u Rwanda kuba inyuma y’ibibazo byabwo  byose.

 

TAGGED:AbarwanyiCongoFDLRJenosideM23Mai Ndombe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwahawe Miliyoni $319 Zo Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere
Next Article Mahama: Impunzi Zamaganye Ubwicanyi Bukorerwa Abavuga Ikinyarwanda Muri DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?