Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC-Rwanda:Hasinywe Amasezerano Yo Gucyura Impunzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

DRC-Rwanda:Hasinywe Amasezerano Yo Gucyura Impunzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2025 5:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Addis Ababa muri Ethiopia hasinyiwe amasezerano yo gucyura impunzi ziri hagati y’u Rwanda na Congo, akaba areba impunzi  zibishaka kandi mu mahoro.

Bizakorwa kandi mu buryo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Asinywa, uruhande rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ambasaderi warwo muri Ethiopia Amb(Rtd Major General) Charles Karamba n’aho DRC yari ihagarariwe na Shaban Lukon Bihango Jacquemain, Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’umutekano muri DRC.

Yasinywe by’umwihariko mu rwego rwo gushakira amahoro Uburasirazuba bwa DRC nk’uko bikubiye mu masezerano yasinyiwe i Washington hagati y’u Rwanda na DRC n’ingingo zasinyiwe i Doha muri Qatar hagati ya DRC na M23.

Abasinye ariya masezerano bemeranyije ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi , HCR, ari umufatanyabikrwa wizewe kandi utabogamye muri iki gikorwa, rikazafasha mu kwita ku mpunzi no gukora ku buryo zigira umutuzo n’umutekano.

Muri aya masezerano, ibihugu byemeranyije ko hihutishwa itahuka ry’Abanyarwanda magana atandatu bari mu nkambi y’agateganyo i Goma.

Bumvikanye ko muri uko gucyura impunzi ku bushake hazabamo ubushishozi mu kugenzura ibibaranga, kugira ngo bitazasiga hari abantu bisanze badafite igihugu gakondo.

Ibihugu byombi, byumvikanye ko gucyura impunzi bigomba gushingira ku turere, aho abatahuka bakomoka, kandi bagakora ku buryo abatahutse banjizwa mu bikorwa by’iterambere by’iwabo.

Hashyizweho kandi Komite bahuriyeho ishinzwe kuzakomeza gukurikirana iki gikorwa cy’itahuka ry’impunzi ku bushake, izaba ifite inshingano mu mwaka wa 2025-2026.

Izajya ihura kenshi kugira ngo irebe aho akazi kageze, mu gihe inama y’Abaminisitiri ku itahuka ry’impunzi izajya iba buri meza atandatu.

U Rwanda rumaze imyaka irenga makumyabiri rucumbikiye impunzi zirenga ibihumbi ijana by’abaturage ba DRC.

Kuri aba, hiyongeraho n’abahunze imirwano yashyamiranyije M23 na DRC.

TAGGED:AmasezeranoCongofeaturedGucyuraImpunziKaramba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Ya Trump Ikomeje Kwitambika Ibyo Kutohereza Mu Kirere Ibyuka Byanduye
Next Article Abenshi Bagarutse Muri Guverinoma Yari Iyobowe Na Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Arashinja Polisi Kumubuza Kwiyamamaza

Abanyarwanda Barashukwa Bakaza Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu Rwanda

U Rwanda Rugiye Gushinga Ikigo Gitoza Gukumira Ibitero By’Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?