Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC-Rwanda:Hasinywe Amasezerano Yo Gucyura Impunzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

DRC-Rwanda:Hasinywe Amasezerano Yo Gucyura Impunzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 July 2025 5:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Addis Ababa muri Ethiopia hasinyiwe amasezerano yo gucyura impunzi ziri hagati y’u Rwanda na Congo, akaba areba impunzi  zibishaka kandi mu mahoro.

Bizakorwa kandi mu buryo bwubahiriza uburenganzira bwa muntu.

Asinywa, uruhande rw’u Rwanda rwari ruhagarariwe na Ambasaderi warwo muri Ethiopia Amb(Rtd Major General) Charles Karamba n’aho DRC yari ihagarariwe na Shaban Lukon Bihango Jacquemain, Minisitiri wungirije muri Minisiteri y’umutekano muri DRC.

Yasinywe by’umwihariko mu rwego rwo gushakira amahoro Uburasirazuba bwa DRC nk’uko bikubiye mu masezerano yasinyiwe i Washington hagati y’u Rwanda na DRC n’ingingo zasinyiwe i Doha muri Qatar hagati ya DRC na M23.

Abasinye ariya masezerano bemeranyije ko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi , HCR, ari umufatanyabikrwa wizewe kandi utabogamye muri iki gikorwa, rikazafasha mu kwita ku mpunzi no gukora ku buryo zigira umutuzo n’umutekano.

Muri aya masezerano, ibihugu byemeranyije ko hihutishwa itahuka ry’Abanyarwanda magana atandatu bari mu nkambi y’agateganyo i Goma.

Bumvikanye ko muri uko gucyura impunzi ku bushake hazabamo ubushishozi mu kugenzura ibibaranga, kugira ngo bitazasiga hari abantu bisanze badafite igihugu gakondo.

Ibihugu byombi, byumvikanye ko gucyura impunzi bigomba gushingira ku turere, aho abatahuka bakomoka, kandi bagakora ku buryo abatahutse banjizwa mu bikorwa by’iterambere by’iwabo.

Hashyizweho kandi Komite bahuriyeho ishinzwe kuzakomeza gukurikirana iki gikorwa cy’itahuka ry’impunzi ku bushake, izaba ifite inshingano mu mwaka wa 2025-2026.

Izajya ihura kenshi kugira ngo irebe aho akazi kageze, mu gihe inama y’Abaminisitiri ku itahuka ry’impunzi izajya iba buri meza atandatu.

U Rwanda rumaze imyaka irenga makumyabiri rucumbikiye impunzi zirenga ibihumbi ijana by’abaturage ba DRC.

Kuri aba, hiyongeraho n’abahunze imirwano yashyamiranyije M23 na DRC.

TAGGED:AmasezeranoCongofeaturedGucyuraImpunziKaramba
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amerika Ya Trump Ikomeje Kwitambika Ibyo Kutohereza Mu Kirere Ibyuka Byanduye
Next Article Abenshi Bagarutse Muri Guverinoma Yari Iyobowe Na Ngirente
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?