Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Umutwe Wa ADF Ukomeje Kwica Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Umutwe Wa ADF Ukomeje Kwica Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2023 8:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inyeshyamba za ADF zikomeje kubera ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ihwa mu kirenge. Nta gihe kinini gishira zitishe abaturage mu bice bitandukanye by’iki gihugu.

Nk’ubu imibare itangazwa na AfricaNews ivuga ko zaraye zihitanye byibura abantu 17 zibasanze  mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ni amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bwo mu gice byabereyemo.

Aba baturage bari basanzwe batuye mu gice cya Bambuba-kisiki muri Teritwari ya Beni, ikaba ari nayo irimo umujyi ufatwa nk’icyicaro cy’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Guverineri wungirije w’iyi Ntara witwa Sabiti Njiamoja avuga barangije gushyingura imirambo 10, indi nayo bakaba bakibanza gushaka ba nyiri iyo mibiri kugira ngo hamenyekane n’imyirondoro yabo, ubundi bashyingurwe.

Imibiri irindwi itarashyingurwa yari yarabanje kubura.

Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo hakorera imitwe y’inyeshyamba irenga 120.

Imwinshi imaranira kugenzura ibice birimo amabuye y’agaciro, indi ikavuga ko irwanira kurinda abantu bo mu bwoko runaka bibasirwa n’abo batabuhuje, b’abanzi babo.

Imibare ivuga ko guhera muri Mata, 2023, abantu 370 bamaze kwicwa n’abarwanyi ba ADF, abandi benshi bahunze amasambu yabo.

Hari n’abana ( abahungu n’abakobwa) bashimuswe bajyanwa mu gisirikare, abandi bahindurwa abacakara b’igitsina.

Bivugwa ko ADF yamaze kwagura aho ikorera kuko isigaye ikora ikageza n’i Goma ndetse no mu Ntara ya Ituri.

Buri uko ADF yishe abantu, irabyigamba.

TAGGED:AbaturageADFDRCGomaInyeshyambaIturiKivu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibinyabiziga Byima Ambulance Inzira
Next Article Kuki Kigali Iza Imbere Mu Kwakira Inama Mpuzamahanga Zibera Muri Afurika?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?