Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Umutwe Wa ADF Ukomeje Kwica Abaturage
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Umutwe Wa ADF Ukomeje Kwica Abaturage

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 June 2023 8:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inyeshyamba za ADF zikomeje kubera ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ihwa mu kirenge. Nta gihe kinini gishira zitishe abaturage mu bice bitandukanye by’iki gihugu.

Nk’ubu imibare itangazwa na AfricaNews ivuga ko zaraye zihitanye byibura abantu 17 zibasanze  mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Ni amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bwo mu gice byabereyemo.

Aba baturage bari basanzwe batuye mu gice cya Bambuba-kisiki muri Teritwari ya Beni, ikaba ari nayo irimo umujyi ufatwa nk’icyicaro cy’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Guverineri wungirije w’iyi Ntara witwa Sabiti Njiamoja avuga barangije gushyingura imirambo 10, indi nayo bakaba bakibanza gushaka ba nyiri iyo mibiri kugira ngo hamenyekane n’imyirondoro yabo, ubundi bashyingurwe.

Imibiri irindwi itarashyingurwa yari yarabanje kubura.

Muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo hakorera imitwe y’inyeshyamba irenga 120.

Imwinshi imaranira kugenzura ibice birimo amabuye y’agaciro, indi ikavuga ko irwanira kurinda abantu bo mu bwoko runaka bibasirwa n’abo batabuhuje, b’abanzi babo.

Imibare ivuga ko guhera muri Mata, 2023, abantu 370 bamaze kwicwa n’abarwanyi ba ADF, abandi benshi bahunze amasambu yabo.

Hari n’abana ( abahungu n’abakobwa) bashimuswe bajyanwa mu gisirikare, abandi bahindurwa abacakara b’igitsina.

Bivugwa ko ADF yamaze kwagura aho ikorera kuko isigaye ikora ikageza n’i Goma ndetse no mu Ntara ya Ituri.

Buri uko ADF yishe abantu, irabyigamba.

TAGGED:AbaturageADFDRCGomaInyeshyambaIturiKivu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ibinyabiziga Byima Ambulance Inzira
Next Article Kuki Kigali Iza Imbere Mu Kwakira Inama Mpuzamahanga Zibera Muri Afurika?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?