Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Umwe Mu Basirikare Bakuru Barinda Tshisekedi Yafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Umwe Mu Basirikare Bakuru Barinda Tshisekedi Yafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2023 10:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Tshisekedi
SHARE

Ubucamanza bwa gisirikare muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwataye muri yombi umwe mu basirikare bakuru barinda Umukuru w’igihugu. Afunganywe n’undi uyobora ingabo zikorera i Goma.

Bashinjwa uruhare rutaziguye mu bwicanyi bwakorewe abasivili b’i Goma bwakozwe ku wa Gatatu taliki 30, Kanama, 2023 ubwo abo baturage bigaragambyaga bavuga ko badashaka MONUSCO.

Ku Cyumweru taliki 03, Nzeri, 2023 nibwo batawe muri yombi.

Ifatwa ryabo ryatangajwe na Visi- Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu witwa Peter Kazadi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abo  basirikare batawe muri yombi nyuma y’ubuhamya bwatanzwe n’abarokotse cyangwa ababonye ubwicanyi bwakorewe abigaragambirije i Goma mu Cyumweru gishize.

Nyuma hari itsinda ryoherejwe n’ubuyobozi bukuru bw’i Kinshasa ngo rijye gukusanya amakuru kuri kiriya kibazo.

Amakuru ryazanye niyo yashingiweho hafatwa icyemezo cyo guta muri yombi bariya basirikare batatangajwe amazina.

Minisitiri Kazadi yasabye abantu bafite ababo baguye muri buriya bwicanyi kuzaza gutanga ubuhamya mu rukiko rwa gisirikare kugira ngo hazatangwe ubutabera bushingiye k’ukumva impande zombi.

Perezida wa DRC Felix Tshisekedi yari aherutse gutanga amabwiriza ko hashyirwaho Komisiyo yigenga igamije guperereza hakamenyekana abantu bose bagize uruhare mu bwicanyi buherutse gukorerwa i Goma.

- Advertisement -

Radio Okapi yanditse ko buriya bwicanyi bwahitanye abantu 43.

Ibintu bijya gucika, byatangiye ubwo abitwa Wazalendo basabaga abaturage guhaguruka bakamagana mu buryo bukomeye abakozi ba MONUSCO ndetse n’abakorera imiryango itari iya Leta ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru.

Mu rwego rwo guhosha iyo midugararo niho hakoreshejwe amasasu nyakuri, ahitana abaturage benshi.

Aba Wazalendo ni bantu ki?

Soma inkuru ibavugaho:

Abatutsi Bo Muri Kivu Y’Amajyepfo Bugarijwe N’Inyeshyamba Zahawe Rugari Na Leta

TAGGED:AbaturagefeaturedImyigaragambyoPerezidaWazalendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ishami Rya Banki Y’Isi Mu Rwanda Ryahawe Umuyobozi Mushya
Next Article Mudugudu W’I Gatsibo Yapfiriye Muri Gicumbi Yagiye Kwiba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?