Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: Umwe Mu Basirikare Bakuru Barinda Tshisekedi Yafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: Umwe Mu Basirikare Bakuru Barinda Tshisekedi Yafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 September 2023 10:02 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Tshisekedi
SHARE

Ubucamanza bwa gisirikare muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo bwataye muri yombi umwe mu basirikare bakuru barinda Umukuru w’igihugu. Afunganywe n’undi uyobora ingabo zikorera i Goma.

Bashinjwa uruhare rutaziguye mu bwicanyi bwakorewe abasivili b’i Goma bwakozwe ku wa Gatatu taliki 30, Kanama, 2023 ubwo abo baturage bigaragambyaga bavuga ko badashaka MONUSCO.

Ku Cyumweru taliki 03, Nzeri, 2023 nibwo batawe muri yombi.

Ifatwa ryabo ryatangajwe na Visi- Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu witwa Peter Kazadi.

Abo  basirikare batawe muri yombi nyuma y’ubuhamya bwatanzwe n’abarokotse cyangwa ababonye ubwicanyi bwakorewe abigaragambirije i Goma mu Cyumweru gishize.

Nyuma hari itsinda ryoherejwe n’ubuyobozi bukuru bw’i Kinshasa ngo rijye gukusanya amakuru kuri kiriya kibazo.

Amakuru ryazanye niyo yashingiweho hafatwa icyemezo cyo guta muri yombi bariya basirikare batatangajwe amazina.

Minisitiri Kazadi yasabye abantu bafite ababo baguye muri buriya bwicanyi kuzaza gutanga ubuhamya mu rukiko rwa gisirikare kugira ngo hazatangwe ubutabera bushingiye k’ukumva impande zombi.

Perezida wa DRC Felix Tshisekedi yari aherutse gutanga amabwiriza ko hashyirwaho Komisiyo yigenga igamije guperereza hakamenyekana abantu bose bagize uruhare mu bwicanyi buherutse gukorerwa i Goma.

Radio Okapi yanditse ko buriya bwicanyi bwahitanye abantu 43.

Ibintu bijya gucika, byatangiye ubwo abitwa Wazalendo basabaga abaturage guhaguruka bakamagana mu buryo bukomeye abakozi ba MONUSCO ndetse n’abakorera imiryango itari iya Leta ikorera muri Kivu y’Amajyaruguru.

Mu rwego rwo guhosha iyo midugararo niho hakoreshejwe amasasu nyakuri, ahitana abaturage benshi.

Aba Wazalendo ni bantu ki?

Soma inkuru ibavugaho:

Abatutsi Bo Muri Kivu Y’Amajyepfo Bugarijwe N’Inyeshyamba Zahawe Rugari Na Leta

TAGGED:AbaturagefeaturedImyigaragambyoPerezidaWazalendo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ishami Rya Banki Y’Isi Mu Rwanda Ryahawe Umuyobozi Mushya
Next Article Mudugudu W’I Gatsibo Yapfiriye Muri Gicumbi Yagiye Kwiba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

You Might Also Like

Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?