Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: V/Perezida W’Inteko Ishinga Amategeko Yeguye Kubera Ko Abamurinda Baherutse Gukubitwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: V/Perezida W’Inteko Ishinga Amategeko Yeguye Kubera Ko Abamurinda Baherutse Gukubitwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2022 12:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean-Marc Kabund yatangaje ko yeguye ku nshingano ze kubera icyo yise agasuzuguro no gucishwa bugufi. Yafashe iki cyemezo nyuma y’uko abapolisi bamurinda bakubiswe n’abasirikare barinda Perezida wa Repubulika.

Byose ariko byatangiye ubwo abapolisi barinda Jean- Marc Kabund bafata umwe mu basirikare barinda Umukuru w’igihugu n’abagize umuryango we, la Garde Républicaine, wari uri mu modoka y’Umufasha wa Perezida wa Perezida witwa Agnes Tshisekedi bakamwambura  imbunda barangiza bakamukubita bakamwumvisha.

Nyuma yo kumukubita baramufashe bamujyana ku kigo cyabo.

Ntibyatinze bagenzi be barabimenya nabo barikora bajya gukubita abapolisi barinda Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Barakubise biratinda biza no kumenyakana ko ibintu bikomeye, abasirikare bashinzwe ikinyabupfura cya bagenzi babo baza gutabara.

Iyi rwaserera hagati y’ingabo zirinda Umunyacyubahiro wa mbere mu gihugu n’abapolisi barinda umwe mu bayobora Abadepite yatumye abantu bibaza uko imiyoborere ya Perezida Felix Tshisekedi yafashe muri iki gihe.

Ntibisanzwe ku isi ko izi nzego zirwana kugeza n’ubwo abantu bafata amashusho yo guterana igipfunsi.

Kubera uburemere bw’iki kibazo, Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yafashe umwanzuro wo kwegura.

Ni icyemezo yafashe ahita agitangariza kuri Twitter.

- Advertisement -

Ibiro bya Perezida wa Repubulka ya Demukarasi ya Congo ntibiragira icyo bitangaza ku bwegure bwa Jean-Marc Kabund.

Ubwegure bwe buje mu gihe muri kiriya gihugu hari gutegurwa amatora mu mwaka wa 2023.

En ce jour je prends la décision de démissionner de mes fonctions de 1er VP de l’AN. Ainsi s’ouvre une nouvelle page de l’histoire, qui sera écrite avec la sueur de notre front, qui coulera chaque jour qu’on affrontera les brimades, humiliations et tortures…

— Jean Marc KABUND-A-KABUND (@kabund_jmkkrock) January 14, 2022

Kabund yari asanzwe ari umwe mu nkoramutima za Perezida Tshisekedi, akaba n’umwe mu bakomeye bagize ihuriro ry’amashyaka ari ku butegetsi ryitwa Union sacrée.

TAGGED:featuredPerezidaTshisekediVisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ijisho Ry’Umuhanzi Ni Isoko Y’Ubuhanga Bwe
Next Article Papa Francis Bamufotoye Asohotse Muri Studio
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?