Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC: V/Perezida W’Inteko Ishinga Amategeko Yeguye Kubera Ko Abamurinda Baherutse Gukubitwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC: V/Perezida W’Inteko Ishinga Amategeko Yeguye Kubera Ko Abamurinda Baherutse Gukubitwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 January 2022 12:22 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean-Marc Kabund yatangaje ko yeguye ku nshingano ze kubera icyo yise agasuzuguro no gucishwa bugufi. Yafashe iki cyemezo nyuma y’uko abapolisi bamurinda bakubiswe n’abasirikare barinda Perezida wa Repubulika.

Byose ariko byatangiye ubwo abapolisi barinda Jean- Marc Kabund bafata umwe mu basirikare barinda Umukuru w’igihugu n’abagize umuryango we, la Garde Républicaine, wari uri mu modoka y’Umufasha wa Perezida wa Perezida witwa Agnes Tshisekedi bakamwambura  imbunda barangiza bakamukubita bakamwumvisha.

Nyuma yo kumukubita baramufashe bamujyana ku kigo cyabo.

Ntibyatinze bagenzi be barabimenya nabo barikora bajya gukubita abapolisi barinda Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko.

Barakubise biratinda biza no kumenyakana ko ibintu bikomeye, abasirikare bashinzwe ikinyabupfura cya bagenzi babo baza gutabara.

Iyi rwaserera hagati y’ingabo zirinda Umunyacyubahiro wa mbere mu gihugu n’abapolisi barinda umwe mu bayobora Abadepite yatumye abantu bibaza uko imiyoborere ya Perezida Felix Tshisekedi yafashe muri iki gihe.

Ntibisanzwe ku isi ko izi nzego zirwana kugeza n’ubwo abantu bafata amashusho yo guterana igipfunsi.

Kubera uburemere bw’iki kibazo, Visi Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo yafashe umwanzuro wo kwegura.

Ni icyemezo yafashe ahita agitangariza kuri Twitter.

Ibiro bya Perezida wa Repubulka ya Demukarasi ya Congo ntibiragira icyo bitangaza ku bwegure bwa Jean-Marc Kabund.

Ubwegure bwe buje mu gihe muri kiriya gihugu hari gutegurwa amatora mu mwaka wa 2023.

En ce jour je prends la décision de démissionner de mes fonctions de 1er VP de l’AN. Ainsi s’ouvre une nouvelle page de l’histoire, qui sera écrite avec la sueur de notre front, qui coulera chaque jour qu’on affrontera les brimades, humiliations et tortures…

— Jean Marc KABUND-A-KABUND (@kabund_jmkkrock) January 14, 2022

Kabund yari asanzwe ari umwe mu nkoramutima za Perezida Tshisekedi, akaba n’umwe mu bakomeye bagize ihuriro ry’amashyaka ari ku butegetsi ryitwa Union sacrée.

TAGGED:featuredPerezidaTshisekediVisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ijisho Ry’Umuhanzi Ni Isoko Y’Ubuhanga Bwe
Next Article Papa Francis Bamufotoye Asohotse Muri Studio
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?