Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Yakubye Gatatu Umushahara W’Abasirikare N’Abapolisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

DRC Yakubye Gatatu Umushahara W’Abasirikare N’Abapolisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2025 1:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Judith Suminwa Tuluka yasabye urubyiruko kwitabira kujya mu gisirikare ku bwinshi kugira ngo rukome imbere M23. Yavuze ko Leta yazamuye umushahara w’abasirikare n’abapolisi.

Yaraye abivugiye ahitwa Bandundu mu kiganiro yahaye abaje kumva ubutumwa yabazaniye.

Ku kibuga cy’ahitwa ONATRA, Suminwa yabwiye abari aho ko urubyiruko rukwiye kumva ko ari rwo maboko y’igihugu rukitabira kujya mu gisirikare ngo rurengere igihugu.

Intabaza ye ije mu gihe ingabo z’igihugu cye zimaze iminsi zikubitwa inshuro n’abarwanyi bo muri M23 bazitsinze ku buryo bafashe imijyi mikuru y’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ni ukuvuga Goma n’uwa Kivu y’Amajyepfo ari wo Bukavu.

Ku rugamba kandi abarwanyi ba M23 bakomeje kwitwara neza kuko amakuru yatambukaga mu mpera z’Icyumweru gishize yavugaga ko bari kugana mu bindi bice bikungahaye ku mabuye y’agaciro.

Suminwa yavuze ko abaturage bakwiye kujya mu gisirikare kuko Leta yazamuye umushahara w’umusirikare n’uw’umupolisi kandi n’imibereho yabo ikazaba myiza.

Ati: “ Guhera mu mpera za Werurwe, umushahara w’umusirikare n’umupolisi uzikuba gatatu. Abazoherezwa ku rugamba bo bazajya bahabwa n’agahimbazamusyi. Ntidushaka ko abagiye ku rugamba bagira umutima uhagaze bibaza uko ababo basigaye mu rugo babayeho. Niyo mpamvu twatangije uburyo bwo kwita ku babo basigaye yo”.

Umujyi wa Bandundu uri mu Ntara ya Kwilu, Judith Suminwa akazakomereza uruzinduko rwe mu Mujyi wa Kikwit uri mu Burengerazuba bw’igihugu cye.

Intara ya Kwilu, ahari umujyi wa Bandundu.

Amakuru avuga ko mu mwaka wa 2022, umusirikare yahembwaga $100, uyu akaba yari umusirikare muto ufite ipeti rya Private naho Constable wo muri Polisi agahembwa $80.

TAGGED:CongofeaturedIngaboM23PolisiSuminwaUmushahara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Inkuba Yakubise Abantu Batatu Barimo Umunyeshuri
Next Article Biciye Umuntu Hafi Y’Ibiro By’Akarere Ka Kamonyi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?