Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC Yakubye Gatatu Umushahara W’Abasirikare N’Abapolisi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

DRC Yakubye Gatatu Umushahara W’Abasirikare N’Abapolisi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 March 2025 1:29 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo, Judith Suminwa Tuluka yasabye urubyiruko kwitabira kujya mu gisirikare ku bwinshi kugira ngo rukome imbere M23. Yavuze ko Leta yazamuye umushahara w’abasirikare n’abapolisi.

Yaraye abivugiye ahitwa Bandundu mu kiganiro yahaye abaje kumva ubutumwa yabazaniye.

Ku kibuga cy’ahitwa ONATRA, Suminwa yabwiye abari aho ko urubyiruko rukwiye kumva ko ari rwo maboko y’igihugu rukitabira kujya mu gisirikare ngo rurengere igihugu.

Intabaza ye ije mu gihe ingabo z’igihugu cye zimaze iminsi zikubitwa inshuro n’abarwanyi bo muri M23 bazitsinze ku buryo bafashe imijyi mikuru y’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru ni ukuvuga Goma n’uwa Kivu y’Amajyepfo ari wo Bukavu.

Ku rugamba kandi abarwanyi ba M23 bakomeje kwitwara neza kuko amakuru yatambukaga mu mpera z’Icyumweru gishize yavugaga ko bari kugana mu bindi bice bikungahaye ku mabuye y’agaciro.

Suminwa yavuze ko abaturage bakwiye kujya mu gisirikare kuko Leta yazamuye umushahara w’umusirikare n’uw’umupolisi kandi n’imibereho yabo ikazaba myiza.

Ati: “ Guhera mu mpera za Werurwe, umushahara w’umusirikare n’umupolisi uzikuba gatatu. Abazoherezwa ku rugamba bo bazajya bahabwa n’agahimbazamusyi. Ntidushaka ko abagiye ku rugamba bagira umutima uhagaze bibaza uko ababo basigaye mu rugo babayeho. Niyo mpamvu twatangije uburyo bwo kwita ku babo basigaye yo”.

Umujyi wa Bandundu uri mu Ntara ya Kwilu, Judith Suminwa akazakomereza uruzinduko rwe mu Mujyi wa Kikwit uri mu Burengerazuba bw’igihugu cye.

Intara ya Kwilu, ahari umujyi wa Bandundu.

Amakuru avuga ko mu mwaka wa 2022, umusirikare yahembwaga $100, uyu akaba yari umusirikare muto ufite ipeti rya Private naho Constable wo muri Polisi agahembwa $80.

TAGGED:CongofeaturedIngaboM23PolisiSuminwaUmushahara
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rusizi: Inkuba Yakubise Abantu Batatu Barimo Umunyeshuri
Next Article Biciye Umuntu Hafi Y’Ibiro By’Akarere Ka Kamonyi 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?