Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC:Ingabo Za SADC Zongererewe Manda 
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUmutekano

DRC:Ingabo Za SADC Zongererewe Manda 

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 November 2024 10:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Harare muri Zimbabwe haraye hanzuriwe ko igihe ingabo za SADC zigize umutwe woherejwe muri DRC witwa SAMIDRC kwirukana inyeshyamba cyongerwaho umwaka.

Zoherejwe yo ngo zifashe iz’iki gihugu kwikiza abarwanyi bo mu mitwe itandukanye y’inyeshyamba irwanira mu Burasirazuba bwayo harimo na M23.

Iyo mitwe imaze igihe yarabujije amahwemo ubutegetsi bw’iki gihugu ku buryo byabaye ngombwa ko bwitabaza amahanga.

Muri ayo mahanga harimo n’ibihugu byo muri SADC.

Abakuru b’ibihugu bigize SADC nibo baraye bahuye, baganira kandi bemeza ko izo ngabo ziguma muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo mu gihe kingana n’umwaka uri imbere.

Itangazo ribyemeza ryabonywe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa rivuga ko amafaranga yo gukoresha muri biriya bikorwa bya gisirikare yamaze kuboneka.

Inama Abakuru b’ibihugu bigize SADC babanje gusuzuma uko ibintu byifashe, basanga bigikomeye kuko abaturage bakicwa abandi bagahunga.

Ibihugu bigize SADC byongeye kwiyemeza ko iyo hari kimwe muri byo gitewe n’umwanzi, n’ibindi biba bitewe bityo ko ari ngombwa gutabarana.

Banarebye uko imikoranire y’ingabo z’uyu muryango n’iza DRC mu guhangana n’abarwanyi ba M23 yifashe, banzura ko ikwiye gukomeza.

Radio Okapi yanditse ko Perezida wa Zimbabwe Emmerson Mnangagwa, ari nawe uyoboye SADC, yashimangiye ko umutekano wa DRC ukwiye kugaruka kuko abaturage by’iki gihugu nabo bakwiye ibyiza.

Ingabo zigize SAMIDRC ziterwa inkunga n’iza MONUSCO kugira ngo zuzuze inshingano zazo.

TAGGED:AbarwanyiCongofeaturedIngaboIntambaraManda AbakuruSADCZimbabwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Gatanya Ziri Kubangamira Uburere Buhabwa Abana
Next Article Nyagatare: Akarere Ko Kubohora u Rwanda No Kuruhaza Mu Biribwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?