Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: DRC:Inyeshyamba Za ADF Zishe Abantu 10
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

DRC:Inyeshyamba Za ADF Zishe Abantu 10

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 July 2022 8:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo bavuga ko abarwanyi ba ADF baherutse kubagaba ho ibitero bica abantu bagera ku 10.

Hagati aho ingabo za DRC nazo zivuze ibigwi ko zivuganye abarwanyi 22 bo mu mitwe itandukanye iri muri kiriya gice cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ni mu bitero izi ngabo zagabye muri kariya karere mu minsi irindwi ishize.

Inyeshyamba za ADF( Armed Democratic Forces (ADF) zivugwaho ko zagabye biriya byaguyemo bariya bantu hagati yo kuwa Gatandatu no ku Cyumweru mu minsi mike ishize.

Umuturage w’aho witwa Dieudonne Malangay wo muri Ituri yabwiye AFP ko mu mirambo babonye basanze harimo umwe watwitswe.

Hari n’ingo z’abaturage bashumitswe ziratwika mu gace kitwa Otmaber.

Imodoka nazo zahawe inkongi.

Umuvugizi w’ingabo za Repubulika ya Demukarasi ya Congo zikorera mu Ntara ya Ituri witwa  Lieutenant Jules Ngongo ntiyemeye gusubiza umubare nyawo w’abasivili bishwe na bariya barwanyi.

Icyo yavuze ni umubare w’abarwanyi ingabo z’igihugu cye zishe, ashimangira ngo ari abantu 22.

ADF ni umwe mu mitwe y’abarwanyi ibarirwa mu 120 ikorera mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Uyu mutwe ukomoka muri Uganda ariko wakuriye muri Repubulika ya Centrafrique, uza kumanuka ujya muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ubuyobozi bwa Uganda buherutse gutangira gukorana n’ubwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ngo bahashye ADF ariko kugeza n’ubu ntiraranduka burundu.

Imikorere ya ADF Iherutse Gushaka Guhungabanya U Rwanda Bigapfuba

 

TAGGED:AbarwanyiADFDRCfeaturedInyeshyambaUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubugenzacyaha Bwa Kenya Bwaje Kuganira N’Ubw’u Rwanda
Next Article Indege Z’Intambara Z’u Burusiya Mu Kirere Cya Finland Na Suède
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Ubusuwisi: Abantu 40 Bahiriye Mu Kabari 

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Guinée: Bidasubirwaho Mamadi Doumbouya Yatsinze Amatora

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ndayishimiye Ati: “ Twe Turaterwa Ntidutera!”

Bunyoni Ararembye

Kigali: Yadukiriye Imodoka Ziparitse Mu Mujyi Azimena Ibirahure Atarobanura

Rwanda: Undi Mupolisi Yishwe N’Umuntu Wamugonze

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Asanga Hakwiye Kujyaho Itorero ‘Ryihariye’ Ry’Abagabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Muhanga: Umunyamategeko Yakatiwe Gufungwa Imyaka 15

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?