Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 September 2025 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Dr. Bernadette Arakwiye
SHARE

Dr. Bernadette Arakwiye uyobora Minisiteri y’ibidukikije avuga ko hamwe muho u Rwanda rushora ari mu gusukura ikirere cyarwo kugira ngo abarutuye bahumeke umwuka usukuye.

Yabwiye abaje kwifatanya n’amahanga mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe umwuka mwiza ko ibyo u Rwanda rubikora binyuze mu gushora mu bikorwa byo gupima ubuziranenge bw’ibyuka biva mu binyabiziga.

Kuri uyu wa Kabiri Tariki 16, Nzeri ,2025, nibwo u Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umwuka Mwiza n’Ikirere Gikeye, bibera mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali.

Minisitiri w’ibidukikije Dr. Arakwiye Bernadette yagize ati: “U Rwanda rushora imari mu kongera isuku y’ikirere. Twatangije gahunda yo gupima imyuka ihumanya iva mu binyabiziga kandi dukoresha ikoranabuhanga rihanitse rifasha kumenya ibinyabiziga bihumanya cyane, bigafasha abatwara ibinyabiziga kugira uburyo bw’isuku burushijeho.”

Asanga ibyo byaratewe n’uko u Rwanda rwasinye amasezerano y’i Vienne n’aya Montréal kandi ko rugomba kuyakurikiza kubera akamaro arufitiye..

Minisiteri y’Ibidukikije yashimye kandi ikigo gitanga amahugurwa mu gutunganya umwuka kitwa ‘ACES Cooling’ gifasha mu gusangira ubumenyi no gutanga amahugurwa hirya no hino muri Afurika.

Ati: “ACES Cooling ni ikimenyetso gikomeye kerekana uruhare rw’u Rwanda mu guteza imbere ibisubizo byo kurinda akayunguruzo k’izuba ‘Ozone’, gukoresha neza ingufu, kugira umutekano w’ibiribwa no kongera ubushobozi bwo guhangana n’ihindagurika ry’ibihe.”

Muri biriya birori Umunyarwanda witwa Jean Rémy Kubwimana avuga ko ari gukora ubushakashatsi ku iyangirika ry’akayunguruzo k’izuba, avuga ko akayunguruzo k’izuba karimo kongera gusubirana bitewe n’ingamba zafashwe n’ibihugu mu rwego rwo kukabungabunga.

Avuga ko uwo muhati wo ku isi uramutse urambye wazagira akamaro gafatika.

REMA nayo ishima ko hari aho u Rwanda rugeze ruteza imbere umuhati wo gutuma ikirere kiba kiza.

Umuyobozi Mukuru wayo Juliet Kabera ati: “U Rwanda rwiyemeje kubakira kuri uwo murage binyuze mu mikorere y’inzego z’igihugu, gushora imari mu ikoranabuhanga rirengera ibidukikije no gukorana bya hafi n’abafatanyabikorwa nka ‘ACES Cooling.”

Muri Gahunda ya Guverinoma y’Icyiciro cya kabiri cyo kwihutisha iterambere 2024-2029 (NST2), hateganyijwemo ko u Rwanda ruzagabanya imyuka ihumanya ikirere cyarwo ku kigero cya 38%.

Muri Gicurasi 2020 ni bwo Minisiteri y’Ibidukikije yari yatangaje ko iyo 38% ingana na toni miliyoni 4.6 z’imyuka ya ‘dioxydes de carbone’ izaba yagabanyijwe bitarenze umwaka wa 2030.

Ni gahunda ishingiye ku masezerano mpuzamahanga y’i Paris (Paris Agreement), yo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe no guteza imbere ubukungu butangiza ibidukikije.

Yemejwe mu Ukuboza 2015, u Rwanda ruyasinya muri Nzeri 2016, akagira intego nyamukuru yo kugabanya imyuka ihumanya ikirere ku buryo ubushyuhe bw’isi butarenga degrés Celsius 2, bikaba akarusho bubaye munsi ya degrés Celsius 1,5.

TAGGED:ArakwiyefeaturedIbidukikijeIkirereIkoranabuhangaIshoramariUmwuka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto
Next Article Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?