Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: e-Franc Rwandais: Ifarangakoranabuhanga u Rwanda Rushaka Gutangiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUbukungu

e-Franc Rwandais: Ifarangakoranabuhanga u Rwanda Rushaka Gutangiza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 August 2025 10:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Icyicaro cya Banki nkuru y'u Rwanda, BNR, kiri mu Kiyovu mu Karere ka Nyarugenge.
SHARE

Banki Nkuru y’u Rwanda iri kwiga uko yatangiza ifarangakoranabuhanga bise e-Franc Rwandais cyangwa Central Bank Digital Currency( CBDC).

Ikiri gukorwa muri iki gihe ni ukurigerageza ngo barebe ko bazagera mu Ukwakira, 2025 baramenye niba ryakorana neza n’ubukungu bw’u Rwanda cyangwa niba baba bariretse.

Serge Mugiraneza wo muri BNR avuga ko ayo mafaranga asa n’amafaranga asanzwe ariko yo akora mu buryo bwikoranabuhanga, rikagenzurwa na BNR kandi rikaba ritekanye.

Ni ifaranga rizakora nk’inoti n’ibiceri ariko mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Mu yandi magambo, mu buryo bw’ikoranabuhanga, urifite azajya yishyura bamugarurire nk’uko bisanzwe bigenda ku mafaranga asanzwe.

Nyuma yo kurikoraho ubushakashatsi, ubu bari kurigeragereza ku itsinda rito ririmo za Banki, abakozi bamwe na bamwe muri BNR n’abo mu bindi bigo .

Ingrid Cyuzuzo nawe ukora muri iyi Banki avuga ko nyuma yo gukorera iryo gerageza ku bantu bake, bazakorera no ku rindi rinini kurushaho bakareba niba ibisubizo bibonetse bisa n’ibyabanje.

Ati: “ Nyuma rero ushobora kongeraho irindi gerageza cyangwa ukarekeraho bitewe nibyo wari ugamije kugeraho mu bushakashatsi bwawe”.

Ibyo byose bigendana  no kureba ibyabishowemo n’ubumenyi bwagaragaye mu bantu bakoreweho ubwo bushakashatsi mu gukoresha iryo faranga, hagakurikiraho kwemeza ko rigiye gutangira gukoreshwa koko.

Mu gusobanura itandukaniro ry’iryo faranga BNR iri gukora n’andi mafaranga koranabuhanga asanzwe, Serge Mugiraneza avuga ko ryo rizaba ricungwa mu buryo bwuzuye na Banki nkuru y’igihugu.

Hasanzweho andi mafarangakoranabuhanga acuruzwa henshi ku isi atagira aho ahurira na za Banki nkuru z’ibihugu.

Ibi bituma hari abajya bibwa ayo bashoye, bikagora ibihugu kumenya uko byakurikirana ikibazo nk’icyo.

Agaciro k’ifaranga nk’iri kandi kicara gahindagurika, ibintu bishobora kugira ingaruka ku bukungu bw’umuntu n’ubw’igihugu muri rusange.

Ingrid Cyuzuzo avuga ko ikigo akorera kiri kureba uko iryo faranga rizaba rikoze; ari nako kireba uko mu rwego rw’amategeko ibyaryo bizaba biteganyijwe.

Kuri we, ni ngombwa  kureba niba nta byago byazaterwa n’abagizi ba nabi mu ikoranabuhanga bashobora kuzabyuririraho bakiba cyangwa bakaryangiza mu buryo ubwo ari bwo bwose.

Serge Mugiraneza yabwiye RBA ko mu kwishyurana hakoreshejwe ririya faranga, abafite telefoni z’ikoranabuhanga bazashyiramo ‘app’ izaba ifite ubwo bushobozi, ariko abatazifite bakazashobora no kurikoresha binyuze mu gukanda akanyenyeri, ibyo bita USSD.

Ibyo biziyongeraho no gukoresha ikarita.

Banki y’u Rwanda iherutse gutangaza ko yemereye abantu bafite ibitekerezo by’uburyo iri faranga ryazakoreshwa mu buryo bugezweho bwo kugera kuri serivisi z’imari, kubitanga.

Rizaba ifaranga rishobora no guherwaho abantu bohererezanya amafaranga ari no mu madovize ni ukuvuga Amadolari($), Amayero(€), Amapawundi(£) n’ayandi.

Kuritunganya nibirangira, hazakurikiraho kurishakira izina rizorohera Abanyarwanda kuko ari ifaranga ryabo.

Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda Soraya Hakuziyaremye aherutse kuvuga ko u Rwanda rwahisemo kureba niba rutakora iryo faranga nk’uko nabo muri Cambodia barikoze bityo rikagira uruhare mu bukungu bw’igihugu bitabangamiye amafaranga asanzweho.

Abasomyi bamenye ko uburyo busanzwe bwo kwishyurana bwo gukanda akanyenyeri haba kuri Airtel Money no kuri Mobile Money cyangwa gukoresha ikarita ya Tap and Go n’ubundi butandukanye, butazasimburwa n’iryo faranga rizaba ari inzaduka.

TAGGED:BankifeaturedIfarangaIkoranabuhangaImariRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Icyamamare Kawhi Perezida Kagame Yemereye Kuba Mu Rwanda Ni Muntu Ki?
Next Article Hamas Yongeye Gukora Israel Mu Jisho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?