Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: ECOWAS Yahaye Niger Nyirantarengwa Y’Amasaha Make Ari Imbere
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

ECOWAS Yahaye Niger Nyirantarengwa Y’Amasaha Make Ari Imbere

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 August 2023 3:31 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abagaba bakuru b’ingabo z’ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika, ECOWAS, babwiye abahiritse ubutegetsi muri Niger ko bagomba kuba babusubije Perezida Mohamed Bazoum bitarenze ku Cyumweru taliki 06, Kanama, 2023.

Ngo nibitaba ibyo intambara irarota!

Abahanga bavuga ko Niger ari igihugu gifite byinshi kivuze mu karere giherereyemo.

Ni igihugu gikize kuri Iranium kandi gihanzwe amaso n’Ubushinwa, Amerika, Uburayi ndetse n’Uburusiya kubera ko giherereye ahantu h’ingenzi mu guhangana n’abakora iterabwoba.

Amerika ivuga ko izakomeza gufasha Niger igihe cyose izaba ikomeje kuyoborwa n’abantu batowe mu buryo bwa Demukarasi.

Ubufaransa nabwo buvuga ko buzakorana n’ingabo za ECOWAS kugira ngo ziburizemo abahiritse ubutegetsi bwa Bazoum.

Kuri uyu wa Gatandatu taliki 05, Kanama, 2023 uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Niger witwa Ouhoumoudou Mahamadou yahuye na Minisitiri w’ingabo z’Ububanyi n’amahanga witwa Cathérine Colonna baganira uko byazagenda ngo Guverinoma ye igaruke ku butegetsi.

Hagati aho abo muri ECOWAS bavuga ko bamaze gutegura intambara kandi ko igihe cyo gutera nikigera, bazabikora k’uburyo abahiritse ubutegetsi muri Niger bazatungurwa cyane.

Ibi byavuzwe na Komiseri ushinzwe ibya Politiki muri ECOWAS witwa Abdel-Fatau Musah.

Uko bimeze kose ariko, hari abavuga ko intambara nirota muri Afurika y’Uburengerazuba kuyihosha bizagorana.

Ni igice cy’Afurika kinini cyane, kiganjemo ubutayu kandi gituwe n’abakene benshi.

Hasanzwe hakorera n’imitwe y’iterabwoba ifitanye imikoranire na Al Qaïda.

Perezida wa Tchad witwa Mahamat Idriss Déby aherutse gutangariza The Guardian ko igihugu cye kitazajya mu ntambara yo gushyigikira uruhare urwo ari rwo rwose mu zihanganye.

Ariko kandi ntabwo Tchad ari n’umunyamuryango wa ECOWAS.

Akazi k’iki gihugu ni ukuba umuhuza n’ubwo nabyo bitoroshye.

Mu minsi mike ishize, hari intumwa z’uyu muryango zagiye i Niamey kuganira n’abasirikare bafashe ubutegetsi ku ngufu, ariko zageze yo bazitera utwatsi, zirakubirana zirataha.

Perezida wa Nigeria Bola Tinubu aherutse kubwira abagize Guverinoma ye ko bagomba kwicara bagategura buri kintu gishobora gukoreshwa mu kibazo cya Niger.

Yavuze ko n’igisubizo cy’intambara nacyo bagomba kugiteganya kuko ‘gishoboka cyane.’

TAGGED:ECOWASfeaturedIntambaraNiger
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Kagame Yasimbuye Gen Nkubito Mu Kuyobora Ingabo Muri Mozambique
Next Article Ikibi Si Ukuba Umukono Ikibi Ni Ugushyiraho Inzego Zabo Mu Gihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guverineri W’Intara y’Amajyaruguru Asaba Abaturage Kwitabira Gutera Ibiti

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

M23 Ivuga Ko Yakuye Abarwanyi Bayo Muri Uvira, Leta Ya Kinshasa Iti: ‘Murabeshya!’

Abanyarwandakazi Bafite Ubumuga Bwo Kutabona Barataka Kubera Ihohoterwa

Umukobwa Wo Mu Ruhango Bamusanze Mu Cyumba Cy’Umusore Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

FDLR Yarwanye Na Mai Mai

Imitangire Ya Serivisi Ntiranoga- RGB

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Ntizemerewe Gucumbikirwa Mu Miryango 

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

You Might Also Like

Ubukungu

RDB Yongereye Amasaha Yo Gufungura Utubari 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ibishanga Bya Kigali Byangizwa N’Ababisukamo Amazi Yanduye- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?