Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Eritrea yohereje ingabo ku mupaka wayo na Ethiopia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Eritrea yohereje ingabo ku mupaka wayo na Ethiopia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2020 2:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru ava ku mupaka wa Eritrea na Ethiopia avuga ko hari abasirikare benshi ba Eritrea bahorejwe ku mupaka wayo na Ethiopia. Hari ubwoba ko Eritrea ishobora kwinjira mu ntambara bikaba byatuma intambara ifata isura y’Akarere kose k’Ihembe ry’Afurika.

Ingabo za Eritrea zoherejwe ku mupaka wayo na Ethiopia mu rwego rwo gukumira ko abarwanyi ba TPLF bahungira ku butaka bwayo.

Leta z’ibihugu byombi  zihakana ariya makuru.

Incamake ku ngabo za Eritrea.

Eritrea iri mu bihugu byo mu Ihembe ry’Afurika bifite abaturage bake ariko kikagira abasirikare benshi.

Ituwe n’abaturage miliyoni esheshatu ikagira abasirikare ibihumbi 200.

Abasirikare ba Eritrea bahawe inshingano zo guhora biteguye urugamba kuko baturanye n’igihugu bamaze imyaka umunani barwana.

N’ubwo baherutse kwiyunga ariko inzego z’umutekano z’ibihugu byombi ntizishirana amakenga.

Ingabo za kiriya gihugu zigabanyijemo ibyiciro bibiri.

Igice kimwe gishinzwe gufasha Leta mu nshingano zayo harimo n’ibikora by’iterambere mu gihe ikindi kingana na  20% kigizwe n’abasirikare  bahora mu myitozo biteguye urugamba.

Ubutegetsi hafi ya bwose bwa Eritrea buri mu biganza bya Perezida wa Repubulika witwa Isaias Afwerki.

Uyu mugabo niwe wayoboye urugamba rwatumye Eritrea yiyomora kuri Ethiopia ikaba igihugu kigenga. Icyo gihe hari muri 1993.

Itangazamakuru ry’i Burengerazuba bw’Isi rivuga ko  nta bwisanzure bw’ibitekerezo buba muri Eritrea, ikaba ari yo mpamvu bigoye ko abantu bamenya neza ibihakorerwa.

Perezida Isaias aherutse gusinyana amasezerano na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Bwana Dr Abiy Ahmed, aya masezerano akaba ari yo yarangije intambara impande zombi zari zimaze imyaka umunani.

Eritrea ntishaka ko abayobozi bo muri Tigray bayihungiraho
TAGGED:AbasirikareEritreaEthiopiafeaturedIntambaraPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubanza rwa Mudathiru rwapfundikiwe, yasabye imbabazi Perezida Kagame
Next Article Abatuye EAC dufite uburyo kamere bwo kwishakamo ibisubizo byaduteza imbere- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?