Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Eritrea yohereje ingabo ku mupaka wayo na Ethiopia
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Eritrea yohereje ingabo ku mupaka wayo na Ethiopia

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2020 2:28 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru ava ku mupaka wa Eritrea na Ethiopia avuga ko hari abasirikare benshi ba Eritrea bahorejwe ku mupaka wayo na Ethiopia. Hari ubwoba ko Eritrea ishobora kwinjira mu ntambara bikaba byatuma intambara ifata isura y’Akarere kose k’Ihembe ry’Afurika.

Ingabo za Eritrea zoherejwe ku mupaka wayo na Ethiopia mu rwego rwo gukumira ko abarwanyi ba TPLF bahungira ku butaka bwayo.

Leta z’ibihugu byombi  zihakana ariya makuru.

Incamake ku ngabo za Eritrea.

Eritrea iri mu bihugu byo mu Ihembe ry’Afurika bifite abaturage bake ariko kikagira abasirikare benshi.

Ituwe n’abaturage miliyoni esheshatu ikagira abasirikare ibihumbi 200.

Abasirikare ba Eritrea bahawe inshingano zo guhora biteguye urugamba kuko baturanye n’igihugu bamaze imyaka umunani barwana.

N’ubwo baherutse kwiyunga ariko inzego z’umutekano z’ibihugu byombi ntizishirana amakenga.

Ingabo za kiriya gihugu zigabanyijemo ibyiciro bibiri.

Igice kimwe gishinzwe gufasha Leta mu nshingano zayo harimo n’ibikora by’iterambere mu gihe ikindi kingana na  20% kigizwe n’abasirikare  bahora mu myitozo biteguye urugamba.

Ubutegetsi hafi ya bwose bwa Eritrea buri mu biganza bya Perezida wa Repubulika witwa Isaias Afwerki.

Uyu mugabo niwe wayoboye urugamba rwatumye Eritrea yiyomora kuri Ethiopia ikaba igihugu kigenga. Icyo gihe hari muri 1993.

Itangazamakuru ry’i Burengerazuba bw’Isi rivuga ko  nta bwisanzure bw’ibitekerezo buba muri Eritrea, ikaba ari yo mpamvu bigoye ko abantu bamenya neza ibihakorerwa.

Perezida Isaias aherutse gusinyana amasezerano na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Bwana Dr Abiy Ahmed, aya masezerano akaba ari yo yarangije intambara impande zombi zari zimaze imyaka umunani.

Eritrea ntishaka ko abayobozi bo muri Tigray bayihungiraho
TAGGED:AbasirikareEritreaEthiopiafeaturedIntambaraPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urubanza rwa Mudathiru rwapfundikiwe, yasabye imbabazi Perezida Kagame
Next Article Abatuye EAC dufite uburyo kamere bwo kwishakamo ibisubizo byaduteza imbere- Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?