Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese Ikipe Y’U Rwanda Ya Cricket ‘Izatwara Igikombe’ Cy’Irushanwa Ryo Kwibuka T20 ?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Ese Ikipe Y’U Rwanda Ya Cricket ‘Izatwara Igikombe’ Cy’Irushanwa Ryo Kwibuka T20 ?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 June 2021 8:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubusesenguzi bwa Taarifa busanga amahirwe y’uko ikipe y’u Rwanda ya Cricket iri mu marushanwa yo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi yatwara igikombe cy’ayo  ari make. Iyo urebye urwego amakipe yatsinzwe n’u Rwanda ariho, ukareba n’ayarutsinze usanga ‘bigoye’. Ku rundi ruhande ariko, u Rwanda rutsinze rwakomeza ku mukino wa nyuma.

Mbere y’uko ikina imikino ya 1/2 cy ‘irangiza iri bukinwe kuri uyu wa 11 Kamena 2021, ubu Ikipe y’u Rwanda  iri ku mwanya wa gatatu(3) n’amanota ane(4).

Mu makipe atanu yitabiriye irushanwa, ikipe y’u Rwanda iri  inyuma y’iya  Kenya na Namibia.

Aya makipe niyo afatwa nk’akomeye kandi ‘uko bigaragara’ biragoye ko ikipe y’u Rwanda yayatsinda.

N’ubwo mu kibuga haba iby’aho, ariko ubusesenguzi bwa Taarifa bwerekana ko ikipe y’u Rwanda ya Cricket iramutse igize iyo itsinda muri yo cyangwa ikayatsinda yose, byaba ari ibintu bitunguranye, igatwara kiriya gikombe.

Mu mikino yose hamwe u Rwanda rumaze gukina rwatsinzwe amanota 361 (Total runs), rutsinda amanota  301 (Total runs), ni ukuvuga ikinyuranyo cy’amanota 60.

Imikino u Rwanda rwatsinze ni uwaruhuje na Botswana ari nawo wafunguraga irushanwa ndetse n’uwa Nigeria.

Icyo gihe ikipe y’u Rwanda ya Cricket yatsinze iya Botswana amanota 108  kuri 102 ni ukuvuga ikinyuranyo cy’amanota atandatu.

Uwaruhuje na Nigeria warangiye ruyitsinze amanota 31 kuri 29.

Uko bihagaze kugeza ubu

Kuri uyu wa gatanu tariki 11, Kamena, 2021 ikipe y’u Rwanda irakina n’iya Kenya saa saba n’iminota 50 z’amanywa( 1h:50 pm).

Umukino ubanza urahuza Namibia na Nigeria saa tatu n’igice za mu gitondo(9h30am).

Ubusanzwe intege nke z’ikipe zigaragara iyo hari abakinnyi bayo benshi basohowe mu kibuga.

Asohoka kubera impamvu zirimo amakosa, kunanirwa n’ibindi.

Ikipe iba igizwe n’abakinnyi 11, umukino wose ukamara iminota 70.

TAGGED:CricketfeaturedImikinoIrushanwaKwibukaRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Burundi Na Nigeria Mu Bufatanye Mu Bucuruzi
Next Article RwandAir Yahagaritse Ingendo Zijya Muri Uganda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?