Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese Umurimo Uracyari Uguhinga Ibindi Bikaba Amahirwe?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ese Umurimo Uracyari Uguhinga Ibindi Bikaba Amahirwe?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 October 2022 2:52 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyarwanda bo hambere bavugaga ko umurimo wari uguhinga ibindi bikaba amahirwe. Babishingiraga ku ngingo y’uko ubuhinzi bwari butunze benshi, kandi ibisabwa ngo imyaka yere bikaba byari bihari mu buryo budahindagurika.

Ibyo ni imvura, ubutaha bufumbiye, izuba riringaniye n’imbuto.

Uko imyaka yashiraga indi igataha ibintu byarahindutse kubera ko ikirere kitakigusha imvura ndetse isuka ikaba itakiri iyo guhingisha ngo wizere ko uzeza ugaburire urugo rwawe usagurire n’isoko.

Ushingiye kuri ibi gusa, wakwanzura ko umurimo wo guhinga utakiri uwa mbere kuko ibintu byahindutse.

N’ubwo wabyemeza utyo ariko, Umukuru w’u Rwanda we avuga ko ubuhinzi bukiri ingenzi mu mibereho ya muntu.

Avuga ko guhinga bya kijyambere ari byo soko y’imibereho ya muntu kuko ari byo bimuha amafunguro akabaho, agakora akiteza imbere.

Perezida Kagame yabivuze mu kiganiro yahaye urubyiruko rwitabiriye Youth Connekt 2022.

Umwe mu bamubajije yamubajije niba abona ubuhinzi bukiri ikintu urubyiruko rw’Afurika rwakomeza gukora kugira ngo twiteze imbere.

Kagame yasubije ko ubuhinzi ari ingenzi kandi ko kubukora bitagoye iyo bukoranywe ubuhanga kubera ko amazi ahari, urumuri rw’izuba ruhari n’ibindi.

N’ubwo hari ibibazo birebana n’uko ikirere cyahumanye kubera ikirere cyahindutse kubera ibyuka byashyushye, Afurika ifite ibiyaga n’ibibaya bishobora kwera biramutse bifashwe neza.

Perezida Kagame yungamo ko ibyiza by’ubuhinzi bitagarukira k’ukweza imyaka gusa, ahubwo bigera no kugira ibyo umuntu ageza ku isoko agakora ubucuruzi.

Ati: “ Abatekerezaga ko ubuhinzi nta cyo bumaze baribeshyaga burya. Hari bamwe batabonaga ko ubuhinzi ari n’ahantu ho gukura ifaranga.”

Perezida Kagame avuga ko ubuhinzi bufite akamaro ndetse butanga n’amafaranga

Icyakora ku byerekeye u Rwanda, hari imbogamizi ko urubyiruko rutarayoboka ubuhinzi ku bwinshi.

Mu gihe 70% by’Abanyarwanda bakora ubuhinzi, kandi bukagira uruhare rungana na 31% mu musaruro mbumbe w’igihugu, Leta ivuga ko urubyiruko rusa n’urwahariye ubuhinzi abantu bakuru.

Kuba abasore n’inkumi bitabira ubuhinzi bakiri bacye, bituma abantu bakuru babukora batabukora bya kijyambere kuko akenshi baba bamenyereye gukora ubwa gakondo, bukoresha isuka n’isando.

Isuka n’isando ndetse n’ifumbire y’imborera ntibitanga umusaruro watuma umuturage yihaza mu biribwa, akanasagurira isoko ryaba iry’imbere mu gihugu cyangwa iryo hanze yacyo.

Uretse kuba ubuhinzi ngandurarugo bugikorwa mu buryo bwa gakondo, n’ubuhinzi by’ibihingwa ngengabukungu nabwo ntiburatera imbere ku rwego rushimishije.

Usanga mu buhinzi bw’ibihingwa ngengabukungu hibandwa ku ikawam icyayi, ibireti, amagweja, n’imbuto ndetse n’indabo.

Iyo urebye usanga abenshi mu bitabira ubu buhinzi ari abantu bafite cyangwa barengeje imyaka 35 y’amavuko kandi abantu nk’abo akenshi baba batazi imihingire igezweho.

Amaze kubona iki kibazo, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi witwa Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze  yasabye urubyiruko kubyara umusaruro amahirwe ari mu buhinzi, bakabwitabira.

Yagize ati: “ Ntihazagire usuzugura ubushobozi bwanyu. Nimukoreshe ikoranabuhanga mu buhinzi, mukore cyane mube intangarugero.”

Dr Ngabitsinze yabivuze ubwo yatangizaga Inama nyunguranabitekerezo iherutse kubera mu Rwanda yahuje urubyiruko ruharanira guteza imbere ubuhinzi yateguwe ku bufatanye na AGRA-Alliance.

Ku kibazo cyo kumenya niba umurimo ukiri uguhinga ibindi bikaba amahirwe, uko bigaragara igisubizo ni uko guhinga bikiri ingirakamaro ahasigaye hakarebwa uko bikorwa n’intego yabyo.

TAGGED:featuredKagameUbuhinziUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article ‘Visit Musanze’: Isiganwa Ry’Amagare Rishishikariza Gusura Musanze
Next Article Impanga Z’Aba DJ Bo Muri Afurika Y’Epfo Bategerejwe I Kigali
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Bafatanywe lbilo 30 By’urumogi Babitwaye Kuri Moto

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?