Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ese Umwenda Afurika Ifitiye Amahanga Izawishyura Biyikundire?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ese Umwenda Afurika Ifitiye Amahanga Izawishyura Biyikundire?

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2021 9:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Icyorezo COVID-19 cyaje gisanga hari ibihugu by’Afurika bisanganywe umwenda uremereye. Muri byo hari ibifite umwenda uruta inshuro nyinshi umusaruro mbumbe( PIB, GDP) byinjiza ku mwaka.

Igihugu cya mbere cy’Afurika gifite umwenda munini ni Sudani.

Ikibazo gikomeye ku bihugu byinshi by’Afurika ni uko ubwo icyorezo COVID-19 cyadukaga, byabaye ngombwa ko ibyinshi muri biriya bihugu bishaka amafaranga yabifasha guhangana nacyo, ndetse bimwe birongera biraguza.

Ubu haribazwa aho bizakura ubwishyu, hakayoberana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Urugero nka Sudani ifitiye amahanga umwenda ungana na 212%.

Bivuze ko umwenda Sudani ifite uruta kure umusaruro mbumbe yinjiza. Uyu mubare werekana ko umwenda wa Sudani uruta inshuro ebyiri ubukire bwayo, ubibaze ku musaruro yinjiza mu mwaka.

Ibindi bihugu bifite umwenda munini ni Erythrée (176%), le Cap-Vert (138%), Mozambique (125%), Zambia (119%), Angola (111%) na Seychelles (110%).

Hari n’ibindi bihugu bifite umwenda wegereye 100%,  ibyo ni Misiri (93%),Tunisie (91%) na Congo (91%).

Ubwo kiriya cyorezo cyabicaga bigacika hirya no hino ku isi, Guverinoma z’Afurika zakeneye byibura miliyari ziri hagati ya 125 na miliyari 154 z’amadolari y’Amerika kugira zihangane nacyo.

- Advertisement -

Mu mpera za Gicurasi, 2021, umwenda wose ibihugu by’Afurika byari bifite uwuteranyije wanganaga na Miliyari1.400$, ni hafi kimwe cya kabiri cy’umwenda u Bufaransa bufitiye amahanga.

Ikigo mpuzamahanga cya za Banki zo ku isi kitwa Institute of International Finance (IFF), kivuga ko muri iki gihe umwenda ibihugu byinshi bifite uwuteranyije ugera kuri miliyari  296 000 $.

Ni imibare yakusanyijwe kugeza mu mpera za Kamena, 2021.

Muri uyu mwenda wose uwuteranyije, usanga Afurika ifitemo muto.

N’ubwo ari uko bimeze, Afurika ifite ikibazo cy’uko na mbere ya COVID-19 yari isanzwe ifite ubukungu bujegajega cyane k’uburyo icyari bubuhangabanye icyo ari cyo cyose cyari bubushegeshe!

Umwaka wa 2020 watumye ubukungu bw’Afurika bugabanuka bugera munsi ya zero ho kabiri( -2%).

Uramutse uvuze ko ibihugu byose by’Afurika bitanganya kurya umwenda ntiwaba ubeshye.

Hari ibihugu byahisemo gukoresha neza amafaranga aturuka mu cyuya abaturage bacyo biyuha kurusha kwihutira gufata umwenda woroshye ariko uzagorana kwishyura.

Ikinyamakuru cyandika kuri Afurika kitwa Le 360 cyandikirwa muri Maroc kivuga ko ibyo bihugu ari RD Congo (12%), Botswana (25%), lbirwa  bya Comores (30%) na  Nigéria (32%).

Twakwibutsa abasomyi bacu ko Nigéria ari cyo gihugu cya mbere gikize muri Afurika kugeza ubu.

Ikindi ni uko hari ibihugu bifite umwenda munini kurusha uko bitangazwa, urugero rutangwa rukaba ari Zambie bivugwa ko yari yarahishe umwenda ifite ungana na miliyari 2$.

Si ibihugu by’Afurika gusa bifata umwenda ukarenga 100% kuko na Leta zunze ubumwe z’Amerika( igihugu cya mbere gikize ku isi) nazo zifite ungana na 125%.

Ubuyapani nabwo( igihugu cya gatatu gikize ku isi) nacyo gifite umwenda ungana na 260%.

Iki gihugu gifite umwenda ungana na miliyari 10 000 Euros.

Ibi bituma u Buyapani buba igihugu cya mbere ku isi gifite umwenda munini kurusha ibindi ariko nanone gikize.

Bitandukanye n’uko bimeze kuri Afurika kuko u Buyapani bwo bufite uburyo bwo kwishyura kurusha uko bimeze kuri Afurika.

Ikindi ni uko umwenda u Buyapani bufite wihariwe na Banki nkuru ya kiriya gihugu kandi ubukungu bw’u Buyapani bufite uburyo bwo kuba bwakwiyubaka byihuse.

Iki gihugu ubu cyakusanyije miliyari 600 Euros zo gufasha abaturage kongera kubaka ubushobozi bwabo mu bukungu bakongera gushobora guhaha ibikorerwa mu gihugu imbere.

U Bufaransa nabwo bwahungabanyijwe na COVID-19 ariko, nk’uko bimeze ku Buyapani, nabwo bufite uburyo bwo kwishakamo igisubizo bukubaka ubukungu bwabwo butagendeye ku mugongo w’ikindi gihugu.

Afurika iri mu manegeka…

Aho Afurika ibera mu manegeka ni uko ibyayo bigenwa n’uko ahandi byifashe.

Ibyo igurisha hanze bigurwa bitewe n’uko mu bihugu igirushayo ibintu byifashe ndetse n’icyizere biriya bihugu bifitiye uko ibintu bizaba byifashe mu gihe kiri imbere.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko n’umwenda ibihugu by’uyu mugabane byari bisanzwe bifitiye ibigo mpuzamahanga by’imari nawo ari munini.

Umwaka wa 2020 warangiye ibihugu by’Afurika byarakubititse kubera ko n’aho byari bisanzwe bikura amafaranga y’amadevize hatakoraga.

Muri ho harimo ibyambu amato yagezagaho ibicuruzwa, indege ntizaguruka kuko nta bukerarugendo bwakoraga n’ibindi.

Hejuru y’ibi hariho ko n’amafaranga y’ibihugu by’Afurika ata cyangwa akagira agaciro bitewe n’uko amafaranga y’ibihugu bikize ahagaze.

Ayo mafaranga y’amahanga ni amadolari y’Amerika, ama Euros, Livre Sterling…

Muri iki gihe, hari benshi batakamba basaba ko ibihugu by’Afurika byasonerwa umusoro, ariko hari n’abandi bavuga ko ibyiza ari uko umwenda wakwishyurwa.

TAGGED:AfurikaAmafarangafeaturedIbihuguIcyorezo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Yasobanuye Uko Abasirikare Bageze Ku Butaka Bwa RDC
Next Article Bill Gates Yatanze Miliyoni $120 Zizafasha Ibihugu Bikennye Kubona Umuti Wa COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?