Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Espagne: Abantu 95 Bamaze Kwicwa N’Umwuzure
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ibiza KamereMu mahanga

Espagne: Abantu 95 Bamaze Kwicwa N’Umwuzure

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 October 2024 9:03 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imibare itangwa na Guverinoma ya Espagne ivuga ko imyuzure imaze iminsi muri iki gihugu yahitanye abantu 95 kandi ko uyu mubare ushobora kwiyongera.

Ishobora kwiyongera kuko hari abantu bantu baburiwe irengero kubera ko batwawe n’amazi abandi bagwirwa n’inzu.

Intara yibasiwe cyane ni iya Valencia, iri mu Burasirazuba bwa Espagne.

Imvura iremereye cyane yatangiye kugwa ku wa Kabiri taliki 29, Ukwakira, 2024 ikomeza kwiyongera kugeza ubwo amazi aramutse atera abaturage mu ngo zabo.

Imodoka zananiwe kugenda ndetse iz’ibiro bike zitemanwa n’amazi.

Abaturage bahisemo kurira imuturirwa ngo bahunge iyo kabutindi, ababishoboye burira ibiti.

Ubukana bw’iki kiza bwatumye Minisitiri w’Intebe Pedro Sánchez atangaza ko igihugu kigiye mu cyunamo cy’iminsi itatu.

Ibikorwa byo gushakisha ko hari abantu bagihumeka birakomeje hirya no hino mu bwami bwa Espagne.

Bimaze kumenyekana ko umwe mu bahitanywe na kiriya kiza ari Umwongereza w’imyaka 71 wagiye mu bitaro ubwo ingabo zamuvanaga iwe yanegekaye.

Ibyago nk’ibi Espagne yabiherukaga mu mwaka wa 1973 ubwo imyuzure yahitanaga abantu 150.

BBC yanditse ko Minisitiri w’Intebe wa Espagne yabwiye ababuze ababo ko Guverinoma yose yifatanyije nabo kandi ko igihugu kizakomeza kubafata mu mugongo.

Ingabo na Polisi ya Espagne bakomeje gushakisha ko hari abantu batabarwa bakiri bazima.

Abasirikare 1000 bamaze koherezwa ahibasiwe n’uriya mwuzure ngo batabare abakirimo akuka.

Ibyago Espagne yahuye nabyo bifitanye isano ya bugufi n’imihandagurikire y’ikirere nk’uko abahanga babigarukaho kenshi.

TAGGED:AbaturageEspagneIkirereUmwuzure
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Miss Muheto Na Fatakumavuta Bageze Mu Rukiko
Next Article Muheto Yemeye Ibyaha Aregwa Uretse Kimwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Macron Mu Ihurizo Ryo Kubona Minisitiri W’Intebe Uhamye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ubufaransa: Minisitiri W’Intebe Utarumazeho Ukwezi YEGUYE

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Israel: Ikizere Ni Cyose Ko Ababo Bashimuswe Na Hamas Bazataha Vuba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Papa Arasaba Ko Umugambi W’Amahoro Wo Guhuza Hamas Na Israel Ugerwaho

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?