Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ethiopia Yahawe Ahantu Mu Rwanda Ho Kubaka Ambasade
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ethiopia Yahawe Ahantu Mu Rwanda Ho Kubaka Ambasade

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2024 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Bidatinze ubuyobozi bwa Ethiopia buratangira kubaka Ambasade mu Rwanda ku butaka bwahawe na Guverinoma y’u Rwanda bungana na metero kare 715,35.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ethiopia n’abandi bayobozi bakuru mu Rwanda niwe washyize ibuye ry’ifatizo aho izubakwa.

Nyuma yo gushyira ibuye ry’ifatizo ahazubakwa iyi Ambasade ku wa 06 Mata 2024, Minisitiri Taye Atske-Selassie, yavuze ko kuba igihugu cye cyahawe buriya butaka ari ikintu kigiye kurushaho kuzamura urwego rw’umubano hagati ya Kigali na Addis Ababa.

Hagati aho kandi u Rwanda narwo ruri hafi guhabwa ubutaka ruzubakaho Ambasade yarwo muri Ethiopia mu gihe kiri imbere.

Mu mezi abiri ari imbere nibwo imirimo yo kubaka iyo Ambasade ya Ethiopia izatangira.

Kuva mu mwaka wa 2012 nibwo umubano w’u Rwanda na Ethiopia wangorerewe umurego ubwo hasinywaga amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye.

Yari amasezerano agera kuri 23.

Muri yo agera kuri 13 yasinyiwe muri Komisiyo igizwe n’Abaminisitiri bo mu Rwanda na Ethiopie igamije guteza imbere umubano w’ibihugu byombi, akaba yarasinyiwe mu nama y’iminsi itatu yabereye muri Ethiopie.

Yatangijwe ku wa 11, Gashyantare, 2024, i Addis Ababa; ikaba yari iteranye ku nshuro ya gatatu nyuma y’iyaherukaga kuba mu mwaka wa 2017 yo  yabereye i Kigali ndetse n’iyari yazibanjirije zose yabaye mu mwaka wa 2012 ibera muri Ethiopie.

Muri ubwo bufatanye kandi, hari abashoramari bo muri Ethiopia bashoye imari mu Rwanda bakaba bakora mu by’inganda, ubwubatsi, serivisi n’ibindi.

Ahazubakwa iriya Ambasade hashyizwe ibuye ry’ifatizo
TAGGED:AmbasadeEthiopiafeaturedRwandaUmubano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abasirikare Ba Tanzania Biciwe Muri DRC
Next Article Kagame Yaganiriye Na Clinton Ku Mubano W’u Rwanda N’Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?