Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ethiopia Yasabye Iperereza Kuri Dr. Tedros Uyobora WHO
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Ethiopia Yasabye Iperereza Kuri Dr. Tedros Uyobora WHO

admin
Last updated: 15 January 2022 8:48 am
admin
Share
SHARE

Guverinoma ya Ethiopia yasabye Umuryango Muzamahanga wita ku Buzima (WHO) gukora iperereza ku muyobozi mukuru wawo Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus, imushinja gushyigikira ingabo za Tigray People’s Liberation Front (TPLF) zihanganye na Leta.

Dr. Tedros wabaye Minisitiri w’Ubuzima na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga muri Ethiopia, mu cyumweru gishize yavuze ko imfashanyo zakumiriwe ku buryo zitagera muri Tigray akomokamo.

Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ya Ethiopia yatangaje ko aho Tedros Adhanom ahagaze mu kibazo habangamiye imikorere ya WHO nk’umuryango.

Yakomeje iti “Yakwirakwije amakuru y’ibinyoma ashobora guteza ikibazo, ahungabanya izina rya WHO, ubwigenge n’icyizere ifitiwe nk’uko bigaragara mu byo yandika ku mbuga nkoranyambaga.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ntabwo WHO iragira icyo itangaza ku butumwa bwa Leta ya Ethiopia.

Mbere y’uko Leta ya Ethiopia yerura, Umugaba w’Ingabo z’icyo gihugu yabanje gushinja Tedros kugerageza kugurira intwaro TPLF no kuyishakira amaboko mu bya dipolomasi. Gusa we yaje kubihanakana.

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko Guverinoma ya Ethiopia yahagaritse imfashanyo ku buryo zidashobora kwinjira muri Tigray, guhera ku wa 15 Ukuboza.

Ni mu gihe imibare igaragaza ko nibura 90% by’abaturage bakeneye inyunganizi y’ibiribwa.

Guverinoma ihakana gufunga izo mfashanyo, ahubwo igashinja TPLF ko yifunze amakamyo yoherejweyo mbere, itangira kuyakoresha mu nyungu zayo.

- Advertisement -

Ethiopia ivuga ko Tedros yananiwe kugaragaza ubunyangamugayo n’ubunyamwuga mu kazi ke, cyane ko yari umwe mu bayobozi ba TPLF yayoboye Ethiopia mu myaka hafi 30, kugeza mu 2018 ubwo Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed yafataga ubutegetsi.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Ethiopia yakomeje iti “Tedros atera imbaraga TPLF binyuze mu biganiro n’itangazamakuru ndetse akishimira igifatwa nk’intsinzi ya gisirikare y’iryo tsinda, utaretse n’uburyo agaragaza impungenge zijyanye n’ubuzima muri Ethiopia.”

Guverinoma ya Ethiopia yemeje ko TPLF ari umutwe w’iterabwoba, nyuma y’intambara yatangiye mu Ugushyingo 2020 hagati y’impande zombi.

Tedros yatorewe kuyobora WHO muri Gicurasi 2017, ashyigikiwe cyane n’ibihugu bya Afurika ndetse na Leta ya Ethiopia ubwayo.

Mu ukwakira Tedros yongeye kwiyamamariza manda ya kabiri nk’umukandida rukumbi.

Gusa bwo Leta ya Ethiopia yanze kumushyigikira nk’umukandida, ariko ibindi bihugu 28 bimwemeza kuri manda ya kabiri y’imyaka itanu.

TAGGED:Dr. Tedros GhebreyesusEthiopiafeaturedTPLFWHO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Rwanda Hatangijwe Ubukangurambaga Bwo Guhwitura Abatarikingiza COVID-19
Next Article Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Abasirikare b’u Rwanda Muri Centrafrique
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?