Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ethiopia:Ambasaderi Wa Israel Yasohowe Ahibukirwaga Jenoside Yakorewe Abatutsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ethiopia:Ambasaderi Wa Israel Yasohowe Ahibukirwaga Jenoside Yakorewe Abatutsi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 April 2025 12:00 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel yatangaje ko yatunguwe kandi ibabazwa no kwirukanwa k’uhagarariye iki gihugu mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe wari wagiye kwifatanya n’abandi mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ubwo Ambasaderi Avraham Neguise yari ari muri uyu muhango, bamwe mu bahagarariye ibihugu byabo i Addis Ababa bavuze ko batamushaka, biteza rwaserera biza gutuma Perezida w’uyu Muryango Umunya Djibouti Mahmoud Youssouf amusaba gusohoka.

Ikinyamakuru Times of Israel kivuga ko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’iki gihugu yakibwiye ko kiriya gikorwa kidashimishije kandi ko bitari burangirire hariya.

Itangazo ry’iyi Minisiteri rigira riti: “ Ni ikintu kibabaje kuba ahantu harimo kwibukirwa Jenoside yakorewe Abatutsi hirukanwa Ambasaderi wa Israel wari watumiwe, bigakorwa kubera igitutu cy’abantu badakunda Israel”.

Israel ivuga ko gukora ibintu nka biriya byerekana kudaha agaciro Abanyarwanda n’Abayahudi, bigashingira ku kutamenya amateka bombi bahuriyeho.

Taarifa Rwanda iracyategereje kumva icyo Ambasade ya Israel mu Rwanda ibivugaho.

Amb Neguise yatangiye guhagararira Israel muri Ethiopia guhera muri Kanama, 2024.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Israel ivuga ko ibyaraye bibaye bitari bucire hariya, ahubwo iki gihugu kizatera intambwe zose zikenewe kugira ngo hamenyekane ibyihishe inyuma y’iki gikorwa.

TAGGED:AmbasaderifeaturedIsraelJenosideKwibukaKwirukanwaUmuhango
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Karongi: Yishe Umuntu Ajya Kwirega
Next Article Umwuka Mubi Hagati Ya Wazalendo N’Ingabo Z’u Burundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?