Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: EU Yemeje Ko 70% By’Abantu Bakuru Bamaze Gukingirwa COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

EU Yemeje Ko 70% By’Abantu Bakuru Bamaze Gukingirwa COVID-19

Last updated: 31 August 2021 2:06 pm
Share
SHARE

Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe bw’u Burayi (EU), Ursula von der Leyen, yatangaje ko 70% by’abantu bakuru bagize uwo muryango bamaze gukingirwa COVID-19, igipimo kiruta intego wari wihaye muri Mutarama uyu mwaka.

Mu mashusho yatangaje kuri uyu wa Kabiri, Von der Leyen yagize ati “Uyu munsi twateye intambwe ikomeye muri gahunda yacu y’ikingira. 70 % by’abantu bakuru bagize EU bamaze gukingirwa byuzuye, ni ukuvuga abantu miliyoni 250 bamaze guhabwa ubwirinzi bw’umubiri bwuzuye.”

Von der Leyen ayobora komisiyo ya EU ari nayo ifite inshingano zo kugura inkingo zihabwa abaturage b’ibihugu 27 biyigize.

Muri Nyakanga yaherukaga gutangaza ko nibura 70% by’abantu bakuru bagize uyu muryango bamaze guhabwa nibura urukingo rumwe.

Ibihugu byinshi byo mu Burayi bimaze gukingira abaturage benshi, ndetse hatangiye gutangwa ubutumwa buteguza abaturage guhabwa urukingo rwa gatatu mu gihe abahanga baba barwemeje.

Ibihugu ariko biri ku nzego zitandukanye z’ikingira bitewe n’ubushobozi bwabyo bwo kwibonera inkingo zihabwa abaturage babyo mu buryo bwihariye.

Nka Bulgaria iri kuri 20 ku ijana by’abamaze gukingirwa, 32.8 ku ijana muri Romania, 49 ku ijana muri Slovakia na 58.1 ku ijana muri Poland.

Ni mu gihe bigeze kuri 72.5 ku ijana mu Bufaransa, 70.6 ku ijana mu Budage, 76.7 ku ijana muri Espagne na 85.5 ku ijana muri Ireland, nk’uko imibare iheruka gutangazwa n’Ikigo cy’u Burayi gishinzwe kurwanya no gukumira ibyorezo (ECDC) ibigaragaza.

 

TAGGED:COVID-19EUfeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Mu Bufaransa Rwanze Ubujurire Bwa Agatha Kanziga Habyarimana
Next Article Abantu Babiri Bakurikiranyweho Kunyereza Imisoro Irenga Miliyoni 40 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?