Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Facebook Igiye Guhindura Izina
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ikoranabuhanga

Facebook Igiye Guhindura Izina

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 October 2021 1:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’ikoranabuhanga mu itumanaho  ryifashisha uburyo bw’imbuga nkoranyambaga cyitwa Facebook kirateganya ko bitarenze mu Cyumweru gitaha, kizahindura izina.

Bizabera mu nama ngarukamwaka ya Facebook. Uyu mwaka  iteganyijwe kuzaba tariki 28, Ukwakira, ikazayoborwa n’Umuyobozi wa Facebook witwa Mark Zuckerberg.

Abazi ibibera muri Facebook bavuga ko guhindura izina rya Facebook bizakorwa mu rwego rwo kuyikuraho icyasha kiyimazeho iminsi.

Iki cyasha gishingiye ku ngingo y’uko ngo imikorere ya Facebook iha icyuho abagizi ba nabi bashaka gucuruza abantu ku isi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bisa n’aho ubuyobozi bwa Facebook bushaka kwitandukanya n’isura mbi yari imaze iminsi ifite.

Ikinyamakuru kitwa The Verge nicyo cyatangaje ko ubuyobozi bwa Facebook buzatangaza izina ryayo rishya mu Cyumweru gitaha.

Indi ntego ni uko ibigo byose byahurijwe muri Facebook bizaba bifite izina rishya ribitandukanya n’iryo yari isanganywe ryari ryaramaze gusigwa icyasha.

Ibyo bigo byahujwe na Facebook ni Instagram, WhatsApp, Oculus n’ibindi.

Mu mwaka wa 2016, Facebook yashinjwe guha icyuho ibihuha byatangajwe ubwo abakandida biyamamarizaga kuyobora Amerika ari bo Donald Trump na Hillary Clinton.

- Advertisement -

Byatumye umuyobozi wa Facebook, Mark Zuckerberg, yitaba Komisiyo ya Sena y’Amerika kugira ngo ayihe ibisobanuro kuri biriya birego.

Mu mwaka wa 2019, Komisiyo ya Sena ishinzwe ubucuruzi yitwa the Federal Trade Commission yaciye Facebook amande ya Miliyari 5$ kubera ko kiriya kigo cyorohereje abantu gukura amakuru ku myirondoro y’abantu miliyoni 87, bigakorwa n’ikigo cy’Abongereza kitwa Cambridge Analytica.

Umuyobozi wa Facebook Mark Zuckerberg.

Aya makuru bivugwa ko yafashije Donald Trump mu gushaka amajwi ubwo yiyamamarizaga kuyobora Amerika ndetse ngo ari mu byamuhesheje intsinzi.

Vuba aha umwe mu bahoze ari abakozi ba Facebook witwa Frances Haugen yeretse ikinyamakuru Wall Street Journal inyandiko nyinshi zerekana ko mu buyobozi bwa Facebook habayo ubwiru butuma abakozi bayo badahabwa agaciro mu kazi bakora ahubwo bakavunishwa.

Isesengura rya ziriya nyandiko ryerekanye ko hari amayeri Facebook yakoresheje yatumaga abayikoresha babona uburyo bwo kuvangura  bagenzi babo binyuze mu ivangura rishingiye ku ruhu.

Akenshi ibi byakorerwaga ku bakiri bashya kuri ruriya rubuga rukoreshwa n’abantu barenga miliyari batuye isi.

Ubwo wa mugore wahoze akorera Facebook witwa Frances Haugen yagezaga ijambo ku bagize Sena y’Amerika, umwe mu Basenateri witwa Marcia Blackburn nawe yashinje Facebook kutarinda abana bafite munsi y’imyaka 13 y’amavuko ngo ntibagerweho n’ibibi bicishwa kuri Facebook.

Kuri we, Facebook ireba inyungu zayo gusa ititaye ku bana n’abandi bashobora kwangizwa n’ibiyicishwaho.

Zuckerberg yasubije abamushinja gukora biriya ko ibyo bavuga nta shingiro bifite.

Muri Nzeri, 2021 ubuyobozi bwa Facebook bwatangaje ko bugiye gukora ikoranabuhanga rishya rigenewe abana bakoresha Instagram kugira ngo bajye bayikoresha basangiza abandi amafoto yabo kandi batekanye.

Imikorere ya Facebook ivugwaho gukora k’uburyo abantu bayikoresha batitaye ku ngaruka byabagiraho kandi bakabikora babikunze cyane.

Uru rukundo rwayo rwatumye yinjiza agera kuri Miliyari 1000 mu gito cyabanjirije COVID-19.

Frances Haugen yageze n’aho ashinja Facebook kuba umuhuzabikorwa w’igitero cyagabwe ku Nteko ishinga amategeko y’Amerika nyuma y’amatora ya Perezida w’Amerika aheruka.

Frances Haugen

Abateye iriya nzu iri muzubashywe kurusha izindi muri kiriya gihugu bari abashyigikiye Donald Trump wari watsinzwe Amatora y’Umukuru w’Amerika.

Kiriya gitero cyagabwe kuri iriya nyubako y’icyubahiro tariki 06, Mutarama, 2021.

Ubwo Haugen yari muri Sena asobanurira Abasenateri iby’imikorere idahwitse ya Facebook, nyira yo we yari mu kiruhuko mu Kirwa cya Hawaii ari kumwe n’umugore we ukomoka mu Bushinwa witwa Priscilla Chan.

Bamwe mu Basenateri byarabarakaje k’uburyo umwe muri bo witwa Senator Ed Markey yavuze ko Sena izafatira Facebook ibyemezo [yaba] ahari cyangwa adahari.

55% by’amafaranga ava mu byamamazwa byose kuri Facebook bijya mu mufuka wa Zuckerberg.

Bituma aba umuntu wa mbere ukize kurusha abandi kandi ukiri muto.

Ririya janisha kandi rituma aba indakorwaho mu byemezo ashobora gufata muri Facebook.

Hagati aho, Facebook irateganya gukora undi mushinga uhambaye yise Metaverse.

Yamaze gutangaza ko ishaka guha akazi abantu 10 000 bo mu Burayi kugira ngo bazayifashe mu ishyirwa mu bikorwa by’uriya mushinga.

Uzashyirwa mu bikorwa mu myaka itanu iri imbere. Hari n’irindi koranabuhanga Facebook ishaka kuzatangiza ryitwa Horizon Workrooms, rizafasha abantu basanzwe bakorana kujya bagirana ibiganiro barebana ariko batari kumwe.

Horizon WorkRooms ni ikoranabuhanga rishya Facebook ishaka gutangiza

Ni ikoranabuhanga rizatuma abo bakozi bazajya baganira basa n’abarebana imbonankubone kandi mu by’ukuri batandukanyijwe n’intera ndende.

Ibi bikorwa binyuze mu rindi koranabuhanga bita Virtual Reality.

Imbuga nkoranyambaga: Ihurizo ku Banyapolitiki…

Mu Rwanda hamaze iminsi havugwa abantu bafungwa cyangwa se bakiyamwa n’inzego za Leta kubera ibyo bacisha ku mbuga nkoranyambaga harimo na YouTube.

Hari n’uherutse gufungwa witwa Théoneste Nsengimana akurikiranyweho gukoresha urubuga rwe YouTube yise Umubavu TV agaha urubuga abashaka guteza imvururu mu baturage n’ibindi.

Umwaka ushize( 2020) Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco ushinzwe umuco Hon Edouard Bamporiki yikomye abahanzi bakoresha YouTube [zabo]bakanyuzaho indirimbo zumvikanisha ubutumwa bushishikariza abakiri bato ubusambanyi.

Hari mu kiganiro yahaye  Radio na TV 10   mu kiganiro kitwa Zinduka.

Muri Amerika ho, Sena ivuga ko ishaka kuzatumiza abayobozi b’imbuga nkoranyambaga nka  Snapchat, TikTok, YouTube ngo ibabaze niba barashyizeho uburyo bwo kurinda abana ingaruka za ziriya mbuga nkoranyambaga.

TAGGED:FacebookfeaturedIkoranabuhangaZuckerberg
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuryango W’Abanyeshuri Barokotse Jenoside, AERG, Ufite Byinshi Byo Gushimwa
Next Article Kimwe Mu Byo U Rwanda N’U Bushinwa Bihuriyeho Mu By’Uburenganzira Bwa Muntu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?