Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FARG, CNLG, Komisiyo y’Itorero Na NURC Byakuweho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

FARG, CNLG, Komisiyo y’Itorero Na NURC Byakuweho

Last updated: 21 September 2021 11:41 pm
Share
SHARE

Inama y’abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko akuraho inzego enye zirimo Ikigega gitera inkunga abarokotse Jenoside (FARG), Komisiyo y’Igihugu y’Itorero, iyo kurwanya Jenoside (CNLG) n’iy’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC).

Biteganywa ko iyi mishinga y’amategeko izabanza kwemezwa n’Inteko ishinga amategeko, ziriya nzego zikavaho ku mugaragaro.

Ni impinduka zikozwe nyuma y’uko mu minsi ishize hashyizweho Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, ku buryo inshingano ziriya nzego zari zifite zizahurizwa hamwe, aho kuba mu nzego zitatanye.

Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kabiri yemeje umushinga w’itegeko rivanaho CNLG, umushinga w’itegeko rivanaho NURC, Umushinga w’itegeko rikuraho Itegeko rishyiraho Komisiyo y’Igihugu y’Itorero n’Umushinga w’itegeko rikuraho Itegeko rishyiraho FARG.

Byitezwe ko iriya Minisiteri nshya ariyo izajya itegura za politiki, inashyire mu bikorwa gahunda zinyuranye zabarizwaga muri biriya bigo byakuweho.

Iheruka guhabwa Dr. Bizimana Jean-Damascène wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG.

Ubwo Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu yashyirwagaho, byahise bitangazwa ko ije gushimangira akazi kamaze igihe gakorwa na ziriya nzego zakuweho.

Mu gihe iyo minisiteri yari imaze gushyirwaho, yari itarahabwa ubushobozi bw’abakozi bwatuma ikora inshingano zayo, uretse guhabwa Minisitiri n’Umunyamabanga uhoraho.

Kuri uyu wa 21 Nzeri hemejwe Iteka rya Minisitiri w’Intebe rigena intego, inshingano n’imbonerahamwe y’imyanya y’imirimo bya Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano mboneragihugu.

Ni ukuvuga ko iyo mbonerahamwe igomba kuzuzwamo abakozi, ubundi Minisiteri igatangira gukora.

Ziriya nzego zirimo kuvanwaho zakoze imirimo ikomeye, aho nka FARG yashyizweho igamije kuzamura imibereho y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuva mu 1998 yarihiye abanyeshuri 107,921 mu mashuri yisumbuye, abanyeshuri 33,349 barangije kwiga kaminuza, hasigaye abagera ku 4000 bakiga kaminuza.

Bamaze gutangwaho miliyari 197 Frw ava mu ngengo y’imari ya Leta.

Muri gahunda y’amacumbi hamaze kubakwa inzu 29,015 nshya, hasanwe inzu 4050, byose byatwaye miliyari 77 Frw.

Hari n’ibindi bikorwa byakozwe birimo inkunga y’ingoboka, ubuvuzi, gushyigikira imishinga iciriritse n’ibindi.

TAGGED:CNLGFARGfeaturedItoreroJenosideNURC
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Utubari Twakomorewe, Ingendo i Kigali Zishyirwa Saa Tanu z’Ijoro
Next Article Kagame Yabwiye UN Ko Iterabwoba Atari Ikintu Cyo Kujenjekera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?