Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FDLR Iri Kwimurira Ibirindiro Mu Burundi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

FDLR Iri Kwimurira Ibirindiro Mu Burundi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 June 2025 9:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Imibare igenekereje ivuga ko aba barwanyi ari 10,000.
SHARE

Isinywa ry’amasezerano y’amahoro hagati ya DRC n’u Rwanda ryateye benshi icyizere cy’amahoro, gusa hari abandi ryakuye umutima barimo n’abo muri FDLR.

Ingingo ikomeye iyakubiyemo y’uko uyu mutwe ugomba kurangizwa bya burundu, yatumye abawugize bakuka umutima batangira gushaka aho bahungira kandi ahaboroheye ni mu Burundi.

Ikinyamakuru Kivu Today cyatangarijwe na bamwe mu batuye mu bice FDLR inugwanugwamo ko abarwanyi bayo batangiye kwambuka bagana mu Ntara z’Uburundi zituranye na Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Ndetse umwe mu batanze amakuru asanzwe akorana bya hafi n’ingabo za DRC, akemeza ko abarwanyi ba FDLR bamaze kumva iby’ayo masezerano, batangiye kuzinga utwangushye.

Ati: “Ubu bari gushaka uko bahunga kandi nta handi bafite hatari mu Burundi ndetse hari abamaze kugera yo”.

Ntacyo Uburundi buratangaza kuri iyi ngingo, gusa abasesenguzi bavuga ko nibudakoma imbere abo barwanyi ahubwo bukabaha ubuturo, bizica umuti Washington yavugutiye aka Karere k’Ibiyaga bigari kandi byiza (nk’uko Trump aherutse kubivuga asetsa) ngo kabone ‘amahoro arambye’.

Ishyirwa mu bikorwa by’ibikubiye mu masezerano hagati ya Kigali na Kinshasa k’ubuhuza bwa Washington rihanzwe amaso na benshi.

Nirikunda nk’uko ryanditse, Amerika ya Trump izaba ikemuye ikibazo cyananiwe abamubanjirije n’abandi bategetsi ku isi, kikaba kimaze imyaka 30 cyarahitanye benshi.

Imibare igenekereje ivuga ko FDRL igizwe n’abarwanyi 10,000.

TAGGED:AbarwanyiAmahoroAmasezeranoBurundiFDLRfeaturedIntambaraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article APR BBC Yabonye Tike Yo Kuzahangana Na REG BBC
Next Article Iran Irashaka Gusubukura Ibiganiro Na Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?