Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu Rwanda

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 May 2025 2:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Inteko rusange ya FIFA yo mu mwaka wa 2022 yabereye i Doha( Ifoto@FIFA).
SHARE

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) ryafatiye ibihano amakipe atandukanye arimo na Kiyovu FC na AS Kigali yo mu Rwanda birimo iby’uko ayo yombi ‘atemerewe’ kwandikisha abakinnyi kugeza mu mpeshyi ya 2026.

Impamvu itangazwa ni uko asanzwe hari abandi abereyemo imyenda myinshi kandi y’igihe kirekire.

Nubwo ibi bihano byafashwe, igihe cyose aya makipe azerekana ko yishyuye abo abereyemo imyenda, bizasuzumwa hanyuma akomorerwe.

AS Kigali ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi kuva tariki ya 7 Gashyantare 2025 kuzageza mu mpeshyi ya 2026 igihe cyose izaba itarishyura.

Igitangaje ni uko Innocent Bayingana yabwiye kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda kitwa IGIHE ko iby’ibyo bihano ‘ntabyo azi’!

Kiyovu  Sports nayo imaze igihe mu bihano ariko yo ikavuga ko iri kwishyura buhoro buhoro bityo ikaba ifite amahirwe yo kuzagabanyirizwa ibihano nikomereza muri uwo mujyo.

Umuvugizi wa Kiyovu Sports FC witwa Minani Hemed yabwiye IGIHE  ko ibyari bikomeye byarangiye bityo ko bitazasaba igihe kirekire ngo amadeni yose yishyurwe.

Ati: “Abakinnyi twari dufitiye amadeni aremereye twarabishyuye, ubu dusigaje abo tubereyemo amafaranga make. Dukurikije uko twiteguye kubikemura, mu mpeshyi y’uyu mwaka[2025] ibihano biravaho twemererwe kwandikisha abakinnyi.”

Nkurunziza David uyobora Kiyovu aherutse gutangaza ko ubariye hamwe amadeni iyi kipe ifitiye abakinnyi bayo muri iki gihe usanga ari  ⅓ cy’amadeni yose hamwe; ni ukuvuga asaga miliyoni Frw 45 mu gihe yahoze ari miliyoni Frw 136.

Kiyovu Sports yari yarangije imikino ibanza ya Shampiyona y’u Rwanda iri ku mwanya wa nyuma, ubu iri ku mwanya wa cyenda n’amanota 34, mu gihe AS Kigali FC iri ku mwanya wa gatatu n’amanota 44.

TAGGED:AbakoziAmafarangaASFIFA.KiyovuGuhembaKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize
Next Article Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?