Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: FPR Ni Ubudasa Mu Buryo Bwibigomba Guhinduka- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

FPR Ni Ubudasa Mu Buryo Bwibigomba Guhinduka- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 June 2024 12:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukandida wa FPR-Inkotanyi Paul Kagame yabwiye abaje kumva imigambi afitiye Abanyarwanda bazamutora ko FPR-Inkotanyi ari ubudasa bugamije guhindura imibereho y’Abanyarwanda ikaba myiza kurushaho.

Ibyo ngo ni byo biranga abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi kandi ngo iyo ni nayo Demukarasi Abanyarwandabahisemo, ikaba iyo Abanyarwanda bihitiyemo ibyiza bibareba.

Mu ijambo rye Kagame yavuze ko amateka y’Abanyarwanda yerekana ko hari igihe bamaze babayeho nabi ariko ko igihe cy’ubu ari icyo kwerekana iterambere rishingiye ku budasa bw’Abanyarwanda.

Ati: “Avuga ko mu myaka 30 ishize, ureba ugasanga aho u Rwanda rwavuye uri icyo gihe ibintu byerekanaga ubuzima bubi henshi. Ariko muri iki Politiki ya FPR Inkotanyi ni iyo guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda kugira ngo barusheho kubaho neza”.

Yabwiye ab’i Musanze  ko iyo utora ubu ugamije Politiki yo guhindura ubuzima bw’Abanyarwanda kugira ngo barusheho kubaho neza.

Avuga ko ubuzima bw’Abanyarwanda bugomba kuba bwiza bukamera nk’ubw’ahandi cyangwa bukanarenga.

Yemeza ko kwiyamamaza ni igikorwa gikubiyemo gushaka guhindura amateka y’Abanyarwanda akaba meza kandi ngo iyo niyo Politiki ya FPR-Inkotanyi.

Mu kwiyamamaza yabashimiye ko mu myaka irindwi arangije ayobora, bamufashije kugera ku byiza kandi n’ibitaragenze neza nabyo babicanyemo.

Yababwiye ko n’ibiri imbere bazabisangira, uko bizagenda kose.

Kagame kandi avuga ko ibyo Abanyarwanda baciyemo byose byerekana ko n’ibindi bazabicamo kandi bakabicanamo ubudasa bw’Abanyarwanda.

Yongeye kuvuga ko aho u Rwanda rwavuye  n’ibibi rwaciyemo nta kintu cyari gikwiye kubakanga.

Avuga ko byaba byiza abanga u Rwanda babireka.

Umwe mu baturage wari waje kumva uko Kagame yiyamamaza wo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu yashimye uko Politiki za FPR-Inkotanyi zamuzaye mu bukungu.

Eric Nsengiyumva ashima ko mu myaka itambutse yari abayeho nabi, bigakomoka ku burere yari yaraciyemo ntiyige.

Avuga ko muri icyo gihe cyose yakomeje gukorera mu murongo wa Politiki FPR-Inkotanyi yashyizeho bituma akira.

Kimwe mu byo yakoze bikamuteza imbere ni ubuhinzi buvuguruye bituma aba umuhinzi witunze ndetse uyobora izindi Koperative z’abahinzi b’ibirayi bo muri Mukamira.

Kuri iki Cyumweru taliki 23, Kamena, 2024, umukandida wa FPR-Inkotanyi azakomereza mu Karere ka Rubavu.

TAGGED:featuredFPRInkotanyiKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Musanze: Kagame Yageze Aho Agiye Kwiyamamariza
Next Article Habineza Avuga Ko Natorwa Azahanga Imirimo 500,000 Buri Mwaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?