Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gahunda Nshya Yo Korohereza Inganda Yitezweho Kwinjiza Miliyari 1000 Frw
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Gahunda Nshya Yo Korohereza Inganda Yitezweho Kwinjiza Miliyari 1000 Frw

admin
Last updated: 25 March 2021 7:56 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yavuze ko Guverinoma yatangije gahunda nshya yo kunganira inganda zo mu gihugu kugirango zirusheho gutanga umusaruro mu kuzahura ubukungu.

Ni gahunda byitezwe ko izinjiza miliyari 1170 Frw binyuze mu ishoramari rishya, rizatanga imirimo 27.394.

Yabitangaje ubwo kuri uyu wa Kane yagezaga ku nteko ishinga amategeko ibirimo gukorwa mu rwego rwo guteza imbere inganda muri ibi bihe by’icyorezo cya COVID-19.

Mu buryo bwashyizweho harimo gusonera izo nganda umusoro ku nyongeragaciro ku bikoresho bimwe na bimwe. Ni inganda ziri mu byiciro bine.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyiciro cya mbere ni icy’ubw’ubwubatsi, aho imishinga ifite agaciro ka miliyoni $10 igabanyirizwa umusoro ku nyongeragaciro ku bikoresho byakorewe mu Rwanda no ku bikoresho bitaboneka mu Karere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC).

Iyo mishinga inasonerwa amahoro ku bikoresho by’ubwubatsi bitumizwa hanze bitaboneka mu Rwanda cyangwa EAC.

Icyiciro cya kabiri kigizwe n’imishinga y’ibitunganyirizwa mu nganda, yoroherezwa umusoro ku nyongeragaciro ku mashini n’ibikoresho by’ibanze byakorewe imbere mu gihugu.

Icyiciro cya gatatu kigizwe n’ubwubatsi bw’inganda zifite ishoramari ritari munsi ya miliyoni $1 ku mishinga yo kubaka inganda nshya. Ku mishinga isanzwe hakenerwa ishoramari ritari munsi ya miliyoni $1 cyangwa 20% by’ishoramari ryaririsanzwe.

Kuri iki cyiciro hariho umwihariko ku mishinga mishya ku nganda zitunganya ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi, aho umushinga urebwa ari urimo ishoramari ritari munsi ya $100.000.

- Advertisement -

Icyiciro cya kane kireba imikorere myiza y’inganda, aho zizajya zoroherezwa mu kugabanyirizwa umusoro ku bihembo by’abakozi mu 2021 no kwishyura umusoro ku nyungu z’amasosiyete, zinagabanyirizwe 50.000 Frw by’umusoro kuri buri miliyoni 1 Frw yiyongereye ku byo zinjije cyangwa zohereje mu mahanga.

Minisitiri w’Intebe Ngirente yavuze ko hazabaho no kugabanyirizwa 10% by’umusoro ku bihembo kuri buri mukozi mushya uhawe akazi.

Yakomeje ati “Ushaka kubona aya mahirwe anyura ku Rwego rw’Igihugu ruhinzwe iterambere kandi bikorwa ku buryo bwihuta. Kugeza ubu imishinga icyenda yujuje ibisabwa yamaze kwemererwa kunganirwa muri ibyo twavuze, yo mu rwego rw’inganda cyane cyane izikora ibikoresho bitandukanye by’ubwubatsi.”

“Iyi gahunda muri rusange yitezweho kwinjiza mu bukungu bw’igihugu miliyari zirenga 1000 Frw binyuze mu ishoramari risahya ndetse bikanatanga imirimo mishya irenga 27.000.”

Ni imibare ngo ishobora no kurenga bitewe n’ubushake guverinoma ifite mu kuzahura ubukungu mu buryo bwihuse.

Kugeza ubu mu Rwanda habarirwa inganda 962 zikorera hose mu gihugu.

TAGGED:COVID-19Dr Edouard Ngirentefeatured
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Maj. (Rtd) Habib MUDATHIRU Yakatiwe Igifungo Cy’Imyaka 25
Next Article Minisitiri Wo Mu Bufaransa Yajyanywe Mu Bitaro Nyuma Yo Kwandura COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?