Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Batatu Baheze Mu Kirombe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Gakenke: Batatu Baheze Mu Kirombe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 August 2024 3:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke buvuga ko hari abantu batatu barengewe n’amazi ubwo bacukuraga mu kirombe bakaza gukubita ahandi amazi akabazamukana.

Ni ikibazo cyabaye mu mugoroba wo kuri uyu wa Kane taliki 29, Kanama, 2024 abantu bagerageza gukamya ayo mazi ngo barebe ko abo bantu bavanwamo ariko biranga.

Mukandayisenga Vestine uyobora aka Karere avuga ko  abakozi ba sosiyete icukura amabuye y’agaciro yitwa COMIKAGI ari bo bahuye n’ako kaga bageze ku mazi bacukura maze arabazamukana, abenshi bariruka batatu baheramo.

Yabwiye Kigali Today ati: “Baracukuye bagera ku mazi, atoboka aho bari bari ababishoboye bariruka batatu baheramo.  Twaraye tugerageza gukoresha Dynamo ngo tuvome amazi kugira ngo turebe ko twabageraho ariko bigaragara ko amazi afite imbaraga”.

Avuga ko  bakomeje kugerageza ngo barebe ko babakuramo ariko biranga.

Mukandayenga avuga ko abacukuraga bari benshi ariko ahezemo ni batatu kuko abandi babibonye bariruka.

Mu rwego kugerageza kubakuramo Meya wa Gakenke avuga ko biyambaje ikindi kigo gicukura kitwa Rutongo Mines ngo itange abantu bashobora gufasha mu kuvoma ariya mazi bityo abahezemo bakurwemo.

Yemeza ko bahise banzura ko icyo kirombe kiba gifunzwe hakarebwa aho ayo mazi yaturutse n’uburyo byakwirindwa ko hari abandi bazayagwamo.

Icyo kirombe cya Kampani yitwa COMIKAGI giherereye mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Gikingo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke.

Si ubwa mbere gihitanye abantu kuko no mu mwaka wa 2023 cyahitanye Gérald Bavakure.

Ifoto@Kigali Today

TAGGED:AmazifeaturedGakenkeIkirombeMeyaMukandayisenga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwakoze Inoti Nshya Ya Frw 5.000 N’Iya Frw 2.000
Next Article BK Group Ikomeje Kunguka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikawa Niyo Yinjirije u Rwanda Menshi Mu Bihingwa Rwagurishije Mu Mahanga

Ubufaransa: Muganga Yahamijwe Icyaha Cyo Kuroga Abarwayi Bagapfa 

Burundi: Impunzi Ziva Muri DRC Zirugarijwe

Gakenke: Baratakambira Ubuyobozi Ngo Bububakire Ikiraro Cyambuka Umugezi Wa Base

Uko Urwego Rw’Ubuzima Bw’Abanyarwanda Ruteye Mu Myaka Itanu Ishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Yemeje Urwego Rwemerewe Kwita Ku Mbuto

M23 Yemeye Kuva Muri Uvira Ariko Igira Ibyo Isaba…

Guinée-Bissau: Inshuti Y’Uwahoze Ari Perezida Yafatiwe Mu Ndege Afite Ivarisi Yuzuye Amafaranga

Venezuela Ivuga Ko Trump Nta Kindi Ayishakaho Kitari Petelori

Ruhango: Bakurikiranyweho Kwica Urubozo Uwo Bafitanye Isano

You Might Also Like

Mu Rwanda

Abayobozi Baranengwa Kutitabira Inteko Z’Abaturage

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Imitangire Ya Serivisi Ntiranoga- RGB

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Umusaruro Mbumbe W’ u Rwanda Wazamutseho 11.8% Mu Gihembwe Cya Gatatu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Uko Ikibazo Cya Feri Za Spiro Giteye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?