Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Batatu Baheze Mu Kirombe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Gakenke: Batatu Baheze Mu Kirombe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 30 August 2024 3:27 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke buvuga ko hari abantu batatu barengewe n’amazi ubwo bacukuraga mu kirombe bakaza gukubita ahandi amazi akabazamukana.

Ni ikibazo cyabaye mu mugoroba wo kuri uyu wa Kane taliki 29, Kanama, 2024 abantu bagerageza gukamya ayo mazi ngo barebe ko abo bantu bavanwamo ariko biranga.

Mukandayisenga Vestine uyobora aka Karere avuga ko  abakozi ba sosiyete icukura amabuye y’agaciro yitwa COMIKAGI ari bo bahuye n’ako kaga bageze ku mazi bacukura maze arabazamukana, abenshi bariruka batatu baheramo.

Yabwiye Kigali Today ati: “Baracukuye bagera ku mazi, atoboka aho bari bari ababishoboye bariruka batatu baheramo.  Twaraye tugerageza gukoresha Dynamo ngo tuvome amazi kugira ngo turebe ko twabageraho ariko bigaragara ko amazi afite imbaraga”.

Avuga ko  bakomeje kugerageza ngo barebe ko babakuramo ariko biranga.

Mukandayenga avuga ko abacukuraga bari benshi ariko ahezemo ni batatu kuko abandi babibonye bariruka.

Mu rwego kugerageza kubakuramo Meya wa Gakenke avuga ko biyambaje ikindi kigo gicukura kitwa Rutongo Mines ngo itange abantu bashobora gufasha mu kuvoma ariya mazi bityo abahezemo bakurwemo.

Yemeza ko bahise banzura ko icyo kirombe kiba gifunzwe hakarebwa aho ayo mazi yaturutse n’uburyo byakwirindwa ko hari abandi bazayagwamo.

Icyo kirombe cya Kampani yitwa COMIKAGI giherereye mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Gikingo mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke.

Si ubwa mbere gihitanye abantu kuko no mu mwaka wa 2023 cyahitanye Gérald Bavakure.

Ifoto@Kigali Today

TAGGED:AmazifeaturedGakenkeIkirombeMeyaMukandayisenga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwakoze Inoti Nshya Ya Frw 5.000 N’Iya Frw 2.000
Next Article BK Group Ikomeje Kunguka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?