Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Bataye Uruhinja Mu Bwiherero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Bataye Uruhinja Mu Bwiherero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 August 2022 8:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Nyamure, Akagari ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, haravugwa inkuru mbi y’uruhinja rufite n’ukwezi kumwe basanze mu bwiherero rwapfuye.

Ntibiramenyekana niba ari umukobwa[cyangwa umugore] warutayemo ku bushake cyangwa niba ari undi mugizi wa nabi warwibye Nyina aza kuruhata.

Amakuru dufite avuga ko bijya kumenyekana, byabaye ubwo umuturage witwa Nasra Muhoza usanzwe ufite restaurant hafi aho yahamagaraga inzego azimenyesha ko umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko umucururiza inyama yamuhamagaye amumenyesha ko hari uruhinja asanze bataye mu bwiherero.

Ababimenyeshejwe bageze kwa Muhoza abajyana kuri ubwo bwiherero basangamo urwo ruhinja koko rwapfuye.

Gitifu ntashaka ko bimuturukaho…

Ubwo twahamagaraga Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashenyi witwa Jean Bosco Nkurunziza ngo atuhe amakuru arambuye kuri iki kintu, yabyihungije atubwira ko uwashinzwe local government’ ari Umuyobozi w’Akarere witwa Nizeyimana Jean Marie  Vianney.

Ati: “ Reka nguhe nomero ya Meya ubimubaze…”

Abajijwe niba ikibazo kireba Umurenge we ntacyo yakivugaho ahubwo kigomba kubazwa Meya, yavuze ko ari  ko bigomba kugenda kuko ‘ari we ushinzwe ‘local government.’

Amategeko avuga k iyo bigaragaye ko umuntu yishe umwana yibyariye, akabihamwa n’Urukiko, abihanirwa.

Ingingo ya 108 yita iki cyaha ‘Kwica umwana  wibyariye’

Ikomeza igira iti: “Umugore wese, abishaka cyangwa biturutse ku kudakora ikigomba gukorwa, wica umwana yabyaye utarengeje amezi cumi n’abiri (12) ariko mu gihe cyo gukora icyaha ubwenge bwe bukaba budakora neza bitewe n’inkurikizi zituruka ku kubyara cyangwa guhembera k’umubyeyi aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

TAGGED:featuredGakenkeItegekoUbwihereroUruhinja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isoko Rya Mbere Rinini Ku Isi Rigurwamo Ibikoresho By’Ikoranabuhanga Ryafunzwe
Next Article Inyungu Ya BK Group Plc Yiyongereyeho 24.5%
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?