Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Bataye Uruhinja Mu Bwiherero
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Bataye Uruhinja Mu Bwiherero

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 31 August 2022 8:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Mudugudu wa Nyamure, Akagari ka Nyakina, Umurenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, haravugwa inkuru mbi y’uruhinja rufite n’ukwezi kumwe basanze mu bwiherero rwapfuye.

Ntibiramenyekana niba ari umukobwa[cyangwa umugore] warutayemo ku bushake cyangwa niba ari undi mugizi wa nabi warwibye Nyina aza kuruhata.

Amakuru dufite avuga ko bijya kumenyekana, byabaye ubwo umuturage witwa Nasra Muhoza usanzwe ufite restaurant hafi aho yahamagaraga inzego azimenyesha ko umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko umucururiza inyama yamuhamagaye amumenyesha ko hari uruhinja asanze bataye mu bwiherero.

Ababimenyeshejwe bageze kwa Muhoza abajyana kuri ubwo bwiherero basangamo urwo ruhinja koko rwapfuye.

Gitifu ntashaka ko bimuturukaho…

Ubwo twahamagaraga Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashenyi witwa Jean Bosco Nkurunziza ngo atuhe amakuru arambuye kuri iki kintu, yabyihungije atubwira ko uwashinzwe local government’ ari Umuyobozi w’Akarere witwa Nizeyimana Jean Marie  Vianney.

Ati: “ Reka nguhe nomero ya Meya ubimubaze…”

Abajijwe niba ikibazo kireba Umurenge we ntacyo yakivugaho ahubwo kigomba kubazwa Meya, yavuze ko ari  ko bigomba kugenda kuko ‘ari we ushinzwe ‘local government.’

Amategeko avuga k iyo bigaragaye ko umuntu yishe umwana yibyariye, akabihamwa n’Urukiko, abihanirwa.

Ingingo ya 108 yita iki cyaha ‘Kwica umwana  wibyariye’

Ikomeza igira iti: “Umugore wese, abishaka cyangwa biturutse ku kudakora ikigomba gukorwa, wica umwana yabyaye utarengeje amezi cumi n’abiri (12) ariko mu gihe cyo gukora icyaha ubwenge bwe bukaba budakora neza bitewe n’inkurikizi zituruka ku kubyara cyangwa guhembera k’umubyeyi aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7).

TAGGED:featuredGakenkeItegekoUbwihereroUruhinja
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Isoko Rya Mbere Rinini Ku Isi Rigurwamo Ibikoresho By’Ikoranabuhanga Ryafunzwe
Next Article Inyungu Ya BK Group Plc Yiyongereyeho 24.5%
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?