Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Impanuka Yahitanye Umwe, Umunani Barakomereka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Impanuka Yahitanye Umwe, Umunani Barakomereka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2023 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke habereye impanuka yahitanye umushoferi wari utwaye RAV 4 wagongonye na coaster yavaga i Kigali. Yabereye mu Kagari ka Nyacyina, Umudugudu wa Ruhore.

RAV 4 ifite plaque RAC618G yari itwawe na Nkurunziza Jean Damascène yakoze impanuka iva mu Karere ka Gakenke yerekeza i Kigali.

Yari irimo abantu batatu na Shoferi wa kane.

Shoferi yahise apfa, abandi bose uko ari batatu barakomereka.

Muri abo harimo umwana ufite umwaka n’igice witwa Immaculée Iradukunda.

Kugeza ubu amakuru dufite avuga ko shoferi wa RAV 4 yananiwe kuringanira umuduko n’icyerekezo cye, asanga coaster mu mukono wayo ayigonga mu rubavu rw’ibumoso.

Ni coaster ifite plaque RAB 651L yari itwawe na Twagirayezu.

We yakomeretse ariko bidakomeye.

Abantu bane mu bo yari atwaye nabo bakomeretse.

Muri bo harimo umwana w’umukobwa w’imyaka irindwi y’amavuko witwa Igiraneza Marie Ange.

Twemenye ko ziriya modoka zombi zari zifite ibyangombwa kandi nta nzoga abari bazitwaye bari banyoye.

Ibi ariko sibyo bitera impanuka gusa kuko n’umunaniro utuma abashoferi basinzira bakarenga imbibi z’umukono wabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru Superintendent of Police( SP) Alex Ndayisenga yabwiye Taarifa ko icyo bashobora gukeka ko cyateye iriya mpanuka ari ‘ukutaringaniza umuvuduko.’

Ati: “Impanuka yatewe no kutaringaniza umuvuduko k’uwari utwaye RAV4 byatumye asatira ikindi gisate  cy’umuhanda agonga coaster yari itwaye abagenzi.”

Superintendent of Police( SP) Ndayisenga asaba abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’abakoresha umuhanda kuko bigaragara ko impanuka nyinshi ziba zishobora kwirindwa.

SP Ndayisenga Alex

Yemeza ko inyinshi ziterwa n’amakosa y’abashoferi ubwabo.

Mu Karere ka Gakenke hakunze kuvugwa impanuka cyane cyane ahitwa Kivuruga…

Gakenke ‘Hongeye’ Habera Impanuka

TAGGED:featuredGakenkeImpanukaKivurugaPolisiShoferi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bakina Umukino W’Igare Bageze Muri Gabon
Next Article Tshisekedi Yasuzuguye Qatar Yashakaga Kumuhuza Na Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?