Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Impanuka Yahitanye Umwe, Umunani Barakomereka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Impanuka Yahitanye Umwe, Umunani Barakomereka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 January 2023 10:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke habereye impanuka yahitanye umushoferi wari utwaye RAV 4 wagongonye na coaster yavaga i Kigali. Yabereye mu Kagari ka Nyacyina, Umudugudu wa Ruhore.

RAV 4 ifite plaque RAC618G yari itwawe na Nkurunziza Jean Damascène yakoze impanuka iva mu Karere ka Gakenke yerekeza i Kigali.

Yari irimo abantu batatu na Shoferi wa kane.

Shoferi yahise apfa, abandi bose uko ari batatu barakomereka.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri abo harimo umwana ufite umwaka n’igice witwa Immaculée Iradukunda.

Kugeza ubu amakuru dufite avuga ko shoferi wa RAV 4 yananiwe kuringanira umuduko n’icyerekezo cye, asanga coaster mu mukono wayo ayigonga mu rubavu rw’ibumoso.

Ni coaster ifite plaque RAB 651L yari itwawe na Twagirayezu.

We yakomeretse ariko bidakomeye.

Abantu bane mu bo yari atwaye nabo bakomeretse.

- Advertisement -

Muri bo harimo umwana w’umukobwa w’imyaka irindwi y’amavuko witwa Igiraneza Marie Ange.

Twemenye ko ziriya modoka zombi zari zifite ibyangombwa kandi nta nzoga abari bazitwaye bari banyoye.

Ibi ariko sibyo bitera impanuka gusa kuko n’umunaniro utuma abashoferi basinzira bakarenga imbibi z’umukono wabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru Superintendent of Police( SP) Alex Ndayisenga yabwiye Taarifa ko icyo bashobora gukeka ko cyateye iriya mpanuka ari ‘ukutaringaniza umuvuduko.’

Ati: “Impanuka yatewe no kutaringaniza umuvuduko k’uwari utwaye RAV4 byatumye asatira ikindi gisate  cy’umuhanda agonga coaster yari itwaye abagenzi.”

Superintendent of Police( SP) Ndayisenga asaba abatwara ibinyabiziga kubahiriza amategeko y’abakoresha umuhanda kuko bigaragara ko impanuka nyinshi ziba zishobora kwirindwa.

SP Ndayisenga Alex

Yemeza ko inyinshi ziterwa n’amakosa y’abashoferi ubwabo.

Mu Karere ka Gakenke hakunze kuvugwa impanuka cyane cyane ahitwa Kivuruga…

Gakenke ‘Hongeye’ Habera Impanuka

TAGGED:featuredGakenkeImpanukaKivurugaPolisiShoferi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyarwanda Bakina Umukino W’Igare Bageze Muri Gabon
Next Article Tshisekedi Yasuzuguye Qatar Yashakaga Kumuhuza Na Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?