Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke: Undi Muntu Yaheze Mu Kirombe Kireshya Na Metero 60
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke: Undi Muntu Yaheze Mu Kirombe Kireshya Na Metero 60

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 May 2023 6:25 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke haravugwa inkuru y’umugabo  witwa Habarurema waguye mu kirombe gifite metero ziri hagati ya 50 na 60 z’ubujyakuzimu. Umuhati wo kumubona n’ubu ntacyo uratanga.

Meya w’Akarere ka Gakenke Jean Marie Vianney Nizeyimana yabwiye RBA ko uriya mugabo yari ari kumwe na mugenzi we bagiye gutegurira bagenzi babo inzira kugira ngo batangire akazi ariko ikirombe kigwira umwe undi ashobora kugicika.

Gushakisha uriya muntu byahise bitangira ariko abatabazi bahuye n’ikibazo cy’uko amazi menshi ari kwinjira mu butaka bityo bikaba bitoroshye kugera kuri uwo muntu.

Amakuru Taarifa ifite avuga ko iki kibazo cyahagurukije na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Madamu Dancille Nyirarugendo ngo arebe uko ibikorwa byo kuzamura uwo muntu biri gukorwa kandi abe yatanga inama.

Guverineri Nyirarugendo yatabaye

Habarurema yari asanzwe akorera ikigo kitwa Ruli Mining Trade Ltd ariko kiriya kirombe gicukurwa n’ikindi kigo kitwa COMEKAGI.

Uwaheze muri iki kirombe yari akiri muto kuko afite imyaka 23 y’amavuko.

Akomoka mu Mudugudu wa Ntakabavu, Akagari ka Mucaca, Umurenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke, akaba yakoreraga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Murenge wa Ruli muri Gakenke.

Uyu mugabo agwiriwe n’iki kirombe mu gihe mu mitwe y’Abanyarwanda bataribagirwa abandi bantu batandatu bagwiriwe n’ikirombe mu Karere ka Huye kubakuramo biranga kuko bari baguye muri metero zigera kuri 80 z’ubujyakuzima.

Kubashakisha biherutse gushyirwaho akadomo.

TAGGED:featuredGakenkeIkirombeMeyaRuliUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiciro Ku Isoko Ry’i Kigali Biragabanya Ubukana ‘Gahoro Gahoro’
Next Article Bugesera: Yasize Miliyoni Frw 1.5 Mu Cyumba Ajya Guhinga Agarutse Arayibura
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?