Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gakenke Yahawe Isange One Stop Center Ya Gatatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gakenke Yahawe Isange One Stop Center Ya Gatatu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 September 2023 2:24 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Gakenke haraye hafunguwe Isange One Stop Center ya gatatu iri ku bitaro bya Gatonde biri mu Murenge wa Mugunga. Ni iya gatatu kuko habaga iya Nemba n’iya Ruli. Kuba hari ebyeri gusa byatumaga abaturage bamwe bavunika bajya gutanga ibirego mu ntera ndende, bamwe bikabaca intege.

Iyo baherutse gutaha iri ahitwa Gatonde mu Murenge wa Muzo.

Claudine Muhawenimana wo muri aka kagari yagize ati: “Turishimye cyane kuko hari ubwo umuturage yahohoterwaga akabura ubushobozi bwo kujya kuri Isange One stop Center ya Nemba cyangwa iya Ruli kuko iri kure. Turashimira RIB kuba yadutekerejeho ikatwegereza izi serivise .”

Umuyobozi ushinzwe ibikorwa bya Isange One Stop Center mu rwego rw’igihugu witwa Nsabimana Jean Paul Habun agira inama abatuye Akarere ka Gakeke by’umwihariko abo mu Murenge wa Muzo bakabyaza umusaruro Isange One Stop Centre begerejwe.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “Mu by’ukuri twatekereje kubegereza serivisi za Isange One Stop Centre kugira ngo hatagira umuturage uhohoterwa akabura aho yafashirizwa.”

Abaturage babwiwe uko RIB ikora n’uko bakorana nayo

Yavuze ko ubugenzacyaha bugira gahunda yo kwegera abaturage bagasobanurirwa imikorere yabwo bagasobanurirwa ibyaha ibyo ari byo n’uburyo babyirinda cyangwa bakabikumira.

Kugeza ubu mu karere ka Gakenke habarurwamo Isange One Stop Centre eshatu 3 arizo Isange One Stop Center ya Ruli, iya Nemba n’iya Gatonde.

Nk’uko bimeze n’ahandi, zakira abakorewe ibyaha by’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Iyo RIB yasuye abaturage barayegera bakayigezaho ibibazo

Ubukangurambaga RIB iri gukora buzakomereza mu Karere ka Muhanga n’Akarere ka Nyagatare, ahazatahwa Isange nshya.

- Advertisement -
TAGGED:GakenkeIsangeRIBRwandaUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Byemejwe Ko Isiganwa Ry’Amagare Ku Rwego Rw’Isi Rizabera Mu Rwanda
Next Article RURA Yemeye Ko ‘Yibye’ Abaturage Miliyoni Hafi 400
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?