Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Batatu Bo Mu Muryango Umwe Bapfuye, Uwarokotse Arahungabana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Batatu Bo Mu Muryango Umwe Bapfuye, Uwarokotse Arahungabana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 February 2023 8:26 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo haravugwa inkuru ibabaje y’abantu batatu( Umugabo n’abane be babiri) bapfuye mu buryo bamwe bise ‘amayobera’. Umugore niwe wasigaye ariko yahise ‘asara.’

Umuryango wahuye n’aya mage utuye mu Mudugudu wa Marembo I mu Kagari Nyabisindu mu Murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Bose uko ari batatu bapfuye mu gihe kitageze ku minsi irindwi.

Umwe mu baturanyi b’uyu muryango, yabwiye RADIOTV10 ko umuntu wa gatatu wapfuye  muri uyu muryango, yapfuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Gashyantare 2023.

Ati “Ni umwana w’umukobwa wigaga mu mashuri yisumbuye.  Bamusanze yapfuye, kandi muri weekend ishize hari hapfuye Se w’uwo mwana ndetse n’undi mwana wabo wigaga muri Kaminuza.”

Yunzemo ko aba bantu bose uko ari batatu bapfuye impfu z’amayobera kuko umugabo n’umwana we bapfuye mu mpera z’icyumweru gishize nta gihe bari bamaze barwaye.

Uwapfuye kuri uyu wa Gatatu nawe ngo ntabwo yari arwaye.

Icyakora abaturage bavuga ko hari umuntu bakeka ‘ari we waroze’ bariya bantu.

Byatumye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu taliki 08, Gashyantare, 2023 babyuka barakaye ngo nawe baramuhitana.

Gusa ngo harakekwa ko hari uri kubaroga ndetse n’abatuye muri aka gace bafite uwo bakeka, none muri iki gitondo babyutse bakamejeje ngo na we baramuhitana.

Amakuru avuga ko umugore warokotse muri uwo muryango yahungabanye cyane asa n’ugize uburwayi bwo mu mutwe.

Yajyanywe mu bitaro bivura indwara zo mu mutwe by’i Ndera.

TAGGED:featuredGasaboKaminuzaRemeraUburoziUmugoreUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Zambia Yafunze ‘Abazungu’ Bo Muri Croatia Bashinjwa Gucuruza Abana
Next Article LeBron Yaciye Agahigo K’Umukinnyi Wa Basket Watsinze Ibitego Byinshi Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?