Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbutabera

Gasabo: Hafashwe Abanigaga Abantu Bakabambura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 May 2025 3:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane, Polisi ikorera mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Jali, Akagari ka Agateko, Umudugudu wa Kinunga, ifatanije n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage yafashe abajura bane bategaga abaturage mu ijoro bitwaje ibyuma, bakabambura ibyabo bakanabakomeretsa.

Abafashwe ni Niyomugabo Theogene w’imyaka 20, Mutijima Olivier w’imyaka, Manariyo Vedaste alias Byagara w’imyaka 31.

Umwihariko we nk’uko Polisi ibyemeza ni uko azwiho kuba Tariki 03, Gicurasi, yari ari mu bateze bagatera icyuma umukozi wo mu kigo Akagera Motor witwa Shala Djanga Albert.

Undi ni Utazirubanda Vedaste w’imyaka 26 bakunda kwita “Black”.

Abafashwe bafungiye kuri Station ya Gatsata kugirango bakorerwe amadosiye ajyanwe mu bugenzacyaha.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yabwiye Taarifa Rwanda ko hari hashize iminsi baregerwa n’abaturage ko bategwa n’abajura bakabambura ibyabo bakanabakomeretsa.

Avuga ko Polisi yihanangiriza abantu bumva ko bazatungwa no gutwara iby’abandi, ikibibutsa ko ‘nta mwanya bafite muri iki gihugu’ kandi ko ibikorwa byo kubafata bikomeje.

Gahonzire ati: ” Iyo umujura agiye kwiba yitwaje ibyuma ntabwo aba akiri umujura gusa ahubwo aba yahindutse umugizi wa nabi”.

Abaturage basabwa gukorana n’inzego z’umutekano cyane cyane mu gutanga amakuru ku bantu bose bazwiho kwiba.

TAGGED:AbajuraGasaboKwibaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uwahoze Muri RDF Akurikiranyweho Ibyaha Byo Mu Mabuye y’Agaciro
Next Article RIB Yafunze Abanyamahanga Batatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yongereye Ibitero Muri Gaza 

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?