Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Kangondo bavuga ko kujya i Busanza ku bashakanye ari ingorabahizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho

Gasabo: Kangondo bavuga ko kujya i Busanza ku bashakanye ari ingorabahizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2020 11:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abaturage bo mu midugudu wa Kangongo na Kibiraro mu Kagari ka Nyarutarama mu murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo bavuga ko kujya mu mudugudu wa Busanza batabyanze ariko ngo ni hato, abashakanye ntibatera akabariro abana bumva.

Umwe mu bagore b’aho yatubwiye ko n’ubwo inzu bavuga ko zubatswe mu Busanza ari nziza ariko ngo ni hato k’uburyo umuryango ufite abana batazajya babona aho barara.

Ati: “ Ubwo se nitubyara abana bagakura bagatangira guca akenge, ubwo njye n’umugabo wanjye tuzajya dukina dute umukino w’abantu bakuru kandi abana baryamye hafi aho?”

Avuga ko we n’umugabo we bafite abana batatu kandi umukuru afite imyaka 21, akibaza ukuntu we n’uwo bashakanye bazajya bahuza urugwiro abana bari hafi aho.

We na bagenzi be bavuga ko badashaka kuzajya gutura aho bubakiwe ahubwo ko bakeneye ingurane ikwiye yazatuma bo ubwabo batura aho babona hababereye.

Amafoto n’amashusho Taarifa yafatiye muri Kangondo na Kibiraro agaragaza ko ari ahantu hari umwanda mwinshi. Ni amashusho yerekana amazi yanduye cyane amanuka ahantu hahanamye  bikagaragara ko aba anuka kandi ko ashobora kwanduza abaturiye aho aca.

Nta gihe gishize bamwe mu batuye muri kariya gace bemeye kwimurwa, bakajya gutuzwa mu kagari ka Busanza, Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Gasabo.

Ubwo bageragayo babwiye RBA ko bishimiye  ko batujwe ahantu heza kandi hazabafasha gutera imbere.

Ubwo Taarifa yajyaga mu Busanza aho abagize imiryango 14 yimuriwe ngo batubwire uko bahayeho muri kariya gace basubije ko badashobora kugira icyo bavugira kuri camera cyangwa ikindi cyuma gifata amajwi n’amashusho.

Leta y’u Rwanda ivuga ko yimura bariya baturage mu rwego rwo kubarinda ibyago bazakomora ku miturire mibi, ivuga ko ari iy’akajagari.

Abatuye Kangondo na Kibiraro bo bavuga ko aho batuye hababereye.

Bitaganyijwe ko mu mudugudu wa Busanza hazimurirwa imiryango 1 400.

 

TAGGED:featuredGasaboKangondoKibiraroRemeraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nep Queenz Band: Itsinda ry’abakobwa ba muzika 100% rirabasusurutsa
Next Article Uwo muri RWAMREC avuga ko iby’uko nta nkokokazi ibika isake ihari bidakwiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuyobozi Mu Ngabo Za Jamaica Yasuye RDF Ikorera Muri Iki Gihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?