Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Kangondo bavuga ko kujya i Busanza ku bashakanye ari ingorabahizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho

Gasabo: Kangondo bavuga ko kujya i Busanza ku bashakanye ari ingorabahizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 December 2020 11:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abaturage bo mu midugudu wa Kangongo na Kibiraro mu Kagari ka Nyarutarama mu murenge wa Remera mu Karere ka Gasabo bavuga ko kujya mu mudugudu wa Busanza batabyanze ariko ngo ni hato, abashakanye ntibatera akabariro abana bumva.

Umwe mu bagore b’aho yatubwiye ko n’ubwo inzu bavuga ko zubatswe mu Busanza ari nziza ariko ngo ni hato k’uburyo umuryango ufite abana batazajya babona aho barara.

Ati: “ Ubwo se nitubyara abana bagakura bagatangira guca akenge, ubwo njye n’umugabo wanjye tuzajya dukina dute umukino w’abantu bakuru kandi abana baryamye hafi aho?”

Avuga ko we n’umugabo we bafite abana batatu kandi umukuru afite imyaka 21, akibaza ukuntu we n’uwo bashakanye bazajya bahuza urugwiro abana bari hafi aho.

We na bagenzi be bavuga ko badashaka kuzajya gutura aho bubakiwe ahubwo ko bakeneye ingurane ikwiye yazatuma bo ubwabo batura aho babona hababereye.

Amafoto n’amashusho Taarifa yafatiye muri Kangondo na Kibiraro agaragaza ko ari ahantu hari umwanda mwinshi. Ni amashusho yerekana amazi yanduye cyane amanuka ahantu hahanamye  bikagaragara ko aba anuka kandi ko ashobora kwanduza abaturiye aho aca.

Nta gihe gishize bamwe mu batuye muri kariya gace bemeye kwimurwa, bakajya gutuzwa mu kagari ka Busanza, Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Gasabo.

Ubwo bageragayo babwiye RBA ko bishimiye  ko batujwe ahantu heza kandi hazabafasha gutera imbere.

Ubwo Taarifa yajyaga mu Busanza aho abagize imiryango 14 yimuriwe ngo batubwire uko bahayeho muri kariya gace basubije ko badashobora kugira icyo bavugira kuri camera cyangwa ikindi cyuma gifata amajwi n’amashusho.

Leta y’u Rwanda ivuga ko yimura bariya baturage mu rwego rwo kubarinda ibyago bazakomora ku miturire mibi, ivuga ko ari iy’akajagari.

Abatuye Kangondo na Kibiraro bo bavuga ko aho batuye hababereye.

Bitaganyijwe ko mu mudugudu wa Busanza hazimurirwa imiryango 1 400.

 

TAGGED:featuredGasaboKangondoKibiraroRemeraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nep Queenz Band: Itsinda ry’abakobwa ba muzika 100% rirabasusurutsa
Next Article Uwo muri RWAMREC avuga ko iby’uko nta nkokokazi ibika isake ihari bidakwiye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?