Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Rusororo Hazubakwa Ibigega Rutura Bya Essence Na Petelori
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Gasabo: Rusororo Hazubakwa Ibigega Rutura Bya Essence Na Petelori

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 May 2024 12:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu mishinga minini iteganyijwe kuzakorwa mu ngengo y’imari ya 2024/2025 ni uwo kubaka Ibigega binini bya essence na petelori mu Murenge wa Rusororo mu Karere ka Gasabo.

Ibyo bigega bizaba bishobora kubika essence na petelori bingana na litiro miliyoni 60

Umushinga wo kubyubaka wagenewe miliyari Frw 15.2.

Minisiteri y’imari n’igenamigambi ivuga ko kubika ibikomoka kuri petelori bizafasha u Rwanda kudahendwa cyane nabyo ndetse rukaba rufite ibyo rwiteganyirije byarugoboka mu bihe bikomeye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr Uzziel Ndagijimana avuga ko uyu mushinga uzatangira gushyirwa mu bikorwa mu ngengo y’imari itaha kandi ukaba uri kumwe n’indi migari.

Iyo ni umushinga wo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarongo ya II ku bufatanye n’Ubushinwa wagenewe miliyari Frw 12.6 Frw, umushinga wo kubaka urugomero rw’amazi rwa Muvumba ku bufatanye na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere wagenewe miliyari Frw 30.

Ndagijimana kandi avuga ko hari undi mushinga wo guteza imbere kuhira no kubungabunga amabanga y’imisozi mu Karere ka Kayonza ku bufatanye n’Ikigega mpuzamahanga gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi (IFAD) ikiciro cya kabiri wagenewe miliyari Frw 12.2

U Rwanda kandi, mu rwego rwo gukomeza kwagura ibikorwa remezo, rurateganya kwagura umuhanda Nyabugogo-Jabana-Mukoto ku mushinga wa miliyari Frw 8.2, ukazajyanirana n’uwo kwagura umuhanda Ngoma-Nyanza igice cya 2 na Kibugabuga-Gasoro ureshya na kilometero 66.55 ku bufatanye na Banki y’Isi.

Wo wagenewe miliyari Frw 10.6 , n’umushinga wo gusana umuhanda Kigali-Muhanga-Akanyaru(157Km) wagenewe miliyari Frw 18.6.

- Advertisement -

Guverinoma y’u Rwanda kandi izubaka umuhanda Ngoma-Ramiro ku ngengo y’imari ya miliyari Frw 15.9, hagurwe umuhanda Base-Butaro-Kidaho w’ibilometero 63 wagenewe miliyari Frw 30 n’umushinga wo guteza imbere ibikorwaremezo byifashishwa mu bwikorezi bwo mu mazi wagenewe miliyari Frw 5.7.

Indi mishinga ni uwo guteza imbere ibikorwaremezo by’imihanda mu Mujyi wa Kigali no mu mijyi yunganira Kigali ku bufatanye na Banki y’Isi wagenewe miliyari Frw 58.7 F mu gihe umushinga wo kubungabunga ubuzima bw’abaturiye ibirunga wo wagenewe miliyari Frw 28.8.

U Rwanda ruranateganya gushora mu mushinga wo kongerera ubushobozi uruganda rw’amazi rwa Karenge ku ngengo y’imari ya miliyari Frw 9.3 umushinga wo kurwanya igwingira n’imirire mibi ku bana wagenewe miliyari Frw 19.6 n’umushinga wo gukomeza kurwanya Malariya n’izindi ndwara z’ibyorezo nka SIDA n’igituntu byagenewe miliyari Frw 77.7.

Sisitemu y’indangamuntu y’ikoranabuhanga nayo izagurwa binyuze mu kwemeza umwirondoro w’umuntu hakoreshejwe ikoranabuhanga, uyu mushinga ukaba waragenewe miliyari Frw 8.9, umushinga wo gukoresha ikoranabuhanga mu gutanga serivisi mu nzego z’ingenzi (E-Service in key sectors) nawo wagenewe miliyari Frw 4.8.

Hari n’umushinga wo kubaka sitasiyo igenzura amakuru y’ibyogajuru mu Rwanda uzakoresha miliyari Frw 3 n’uwo kubaka ikigo gishinzwe gukoresha indege zitagira abapiloti wagenewe miliyari Frw 2.3.

Minisitiri Ndagijimana avuga ko kubera ibibazo bitandukanye ku rwego rw’Isi n’ibindi bishobora kuvuka bikagira ingaruka ku bukungu bw’Isi n’ubw’u Rwanda, ishyirwa mu bikorwa rya politiki y’ubukungu n’ingengo y’Imari bishobora guhura n’inzitizi zituruka hanze y’igihugu ndetse n’imbere mu gihugu.

Aherutse kubwira Abadepite ati: “Ku birebana n’inzitizi zishobora guturuka imbere mu gihugu, twavuga nk’imihindagurikire y’ikirere ishobora kubangamira ubuhinzi igateza n’ibiza. Naho ku nzitizi zaturuka hanze, ubukungu bwacu bushobora kubangamirwa n’ingaruka z’amakimbirane hagati y’ibihugu ndetse n’ibyorezo”.

Umushinga w’itegeko rigena ingengo y’Imari ya Leta ya 2024/2025 wemejwe n’Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, uhita woherezwa muri komisiyo kugira ngo iwusuzume, mbere y’uko itegeko ritorwa ingengo y’imari ikazatangira gukoreshwa.

TAGGED:EssencefeaturedImariPeteloriW'umushinga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibya Palestine Bizagenda Gute Nyuma Y’Intambara Ya Gaza?
Next Article  MAGERWA Ya Burera Yakongotse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?