Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Yagwiriwe N’Ikirombe Yagiye Gushaka Icyo Iwe Biririrwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'Abaturage

Gasabo: Yagwiriwe N’Ikirombe Yagiye Gushaka Icyo Iwe Biririrwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 December 2023 3:30 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abaturage bo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo bavuga ko hari abantu batatu kuri uyu wa Kane bagwiriwe n’ikirombe, umwe muri bo akaba ari umugabo wari wasize ubwiye umugore we ko agiye gushakisha ko hari icyo biririrwa.

Uko ari batatu barapfuye, imirambo ya babiri iraboneka ariko ubwo twandikaga iyi nkuru uwa gatatu yari ataraboneka.

Kuri uyu wa kane Taliki 28, Ukuboza, 2023, ahagana saa sita nibwo  mu kirombe gisanzwe gicukurwamo amabuye yo kubakisha, byamenyekanye ko abantu batatu bagwiriwe n’amabuye.

Abo bagabo barimo babiri bafitanye isano n’umwe wari nyiracyo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umugore w’umwe muri abo bantu yabwiye itangazamakuru ko umugabo we yari yasize amubwiye ko agiye gukora ngo arebe ko baza kumuhemba akagira icyo atahana mu rugo kuko nta kintu bari bafite cyo gushyira mu nkono.

Uwo mugore ati: “Umugabo wanjye yabyutse ambwira ngo reka ndabona nta kintu dufite, reka nge guhiga icyo tuza kurya. Umutima wanze, nohereza abana kuvoma babiri, ndababwira ngo ni muzamuka muce aho So ari, mwumve icyo ababwira, dushyire inkono ku ziko dore saa sita zirageze.”

Avuga ko icyo gihe imvura yahise igwa ari nyinshi, umugore aguma mu rugo ariko aza kumva bimwanze mu nda ajya kureba abana na Se.

Yageze yo umugabo amubwira ko yatahana n’abana, ko ari buve aho ku kirombe shebuja amuhaye nka Frw 5000.

Yagiye gushaka Frw 5000 byo kwiririrwa ahasiga ubuzima

Umugore yarazamutse arataha ariko abaye ataragera kure yagiye kumva yumva ikintu kirarindimutse, yumva umugore w’umuturanyi aratabaje ati mutabare ikirombe kigwiriye abantu.

- Advertisement -

Ng’uko uko abo bantu bagwiriwe n’ikirombe, barapfa.

Abagituriye bavugaga ko bigaragara ko cyashoboraga kuzateza abantu ibyago.

Aba baturage bavuga ko mu bihe bitandukanye bagiye bagaragaza ko ibi birombe byateza ibyago kuko bituriye abaturage, ariko nta kintu ubuyobozi bwabikozeho.

Inzego z’ubugenzacyaha n’iz’umutekano zarahageze ngo zimenye uko byagenze.

TAGGED:AmabuyefeaturedGasaboIkirombeNdubaUmugabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwalimu SACCO Irishimira Umusaruro Wayo Mu Mwaka Wa 2023
Next Article Umunyamakuru Gakire Fidèle Yakatiwe Gufungwa Imyaka Itanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyeshuri Ba Kaminuza Nkuru Y’Uburundi Bafitiye Ubwoba Amatora

Ifu Y’Ifi: Ubundi Buryo Bwo Kurwanya Indyo Mbi Mu Bana B’u Rwanda

Ibya Israel Na Syria Byajemo Kidobya

U Rwanda Rugiye Gufungura Ambasade Muri Algeria

Uko Ibipimo By’Imibereho Y’Abatuye Umujyi Wa Kigali Bihagaze

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

DRC: Abasirikare Ku Rugamba Barya Mu Minsi 15 Gusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?