Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gasabo: Yishwe N’Ikinyobwa Gikozwe Mu Masaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gasabo: Yishwe N’Ikinyobwa Gikozwe Mu Masaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 April 2023 12:39 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo haravugwa urupfu rw’umugabo w’imyaka 40 witwa Twagirayezu Théogène bivugwa ko  yazize ikinyobwa bita ‘ubushera’.

Ubushera ni ikinyobwa gikozwe mu masaha y’amamera ariko kidasembuye. Iyo gisembuye gikora ikigage.

Twagirayezu yanduriye rimwe n’abandi baturage bagera 14 bari banyweye ubushera bukabatera ikibazo.

Ubwo bushera babunyoye kwa Jean Claude Tuyishimire baturanye.

Taliki 16, Mata, 2023 nibwo abo baturage banywereye ubushera kwa Tuyishimire usanzwe utuye mu Mudugudu wa Nyabise, Akagari ka Kabariza, Umurenge wa Kabariza mu Murenge wa Rutunga muri Gasabo.

Abanduye bajyanywe kwa muganga ariko baza gutaha mu ngo zabo.

Icyakora bakomeje gukurikiranirwa mu ngo zabo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rutunga witwa François Iyamuremye  yabwiye bagenzi bacu b’UMUSEKE ko  ibizami bya gihanga  byo kwa muganga byemeje ko bariya bantu bari bandujwe n’ubushera.

Ku byerekeye urupfu rwa Twagirayezu,  Gitifu Iyamuremye avuga ko ibindi bipimo byo kwa muganga ari byo biri bwerekane ‘mu buryo budasubirwaho’ ko nyakwigendera yazize ubushera bwanduye.

Iyamuremye ati: “Abarwayi barwaye taliki 16 Mata, bajya kwa muganga ariko baza gusezererwa bajya gukurikiranirwa mu ngo . Umwe rero yitabye Imana ejo. Iby’uko ari ubushera yazize,  tuzabyemezwa na autopsy bagiye gukorera umuntu, na sample y’ifu bari bakoresheje.”

Uyu muyobozi avuga ko ‘bishoboka cyane’ ko buriya bushera bwari bwanduye k’uburyo bwaba intandaro y’urupfu rwa muntu.

Gitifu Iyamuremye yagiriye inama abaturage kwitwararika mu byo banywa.

TAGGED:featuredGasaboUbusheraUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuhanda Muhanga- Ngororero Wongeye Kuba Nyabagendwa
Next Article Ababyeyi Batize Ntibabona Uko Basobanurira Abana Iby’Imyirorokere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Kirehe-Ngoma: Koperative Yejeje Umuceri None Uri Gupfa Ubusa

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?