Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatabazi Avuga Ko Bidakwiye Ko Ab’I Ngororero Bakura Imbuto Y’Ibirayi I Musanze
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Gatabazi Avuga Ko Bidakwiye Ko Ab’I Ngororero Bakura Imbuto Y’Ibirayi I Musanze

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 March 2022 7:50 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yarangizaga urugendo mu Ntara y’Amajyaruguru, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi yasabye ko ikibazo cy’imbuto y’ibirayi yabuze i Ngororero ikaba itumizwa i Musanze cyagombye gucika.

Yabivuze nyuma yo gusura amaterasi y’indinganire yubatswe mu Murenge Kavumu mu Murenge wa  Ngororero mu Karere ka Ngororero.

Umunyamakuru wa RBA  ukorera mu Majyaruguru yanditse ko amaterasi yasuwe na Minisitiri Gatabazi akozwe ku buso bwa hegitari 50 zikaba zisumburanwa mu kuzihingaho ibigori n’ibirayi.

N’ubwo bashima ko guhinga ku materasi y’indinganire byazamuye umusaruro wabo, ku rundi ruhande bavuga ko bidakwiye ko bahendwa no kuvana imbuto y’ibirayi muri Musanze kandi no muri Ngororero bishoboka ko yahatunganyirizwa.

Bavuga ko baramutse bashoboye gutunganyiriza imbuto iwabo byabafasha kuvugurura ubuhinzi bwabo.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Jean Marie Vianney Gatabazi avuga ko yavuze inzego zigiye gufatanya kiriya kibazo kigacyemuka.

Amaterasi y’indinganire ni kimwe mu bikorwa Minisitiri Gatabazi yasuye  ku munsi wa kabiri w’uruzinduko yagiriye muri Ngororero.

Akarere ka Ngororero ni kamwe mu Turere dufite imisozi ihanamye kandi kakunze kugaragaramo ubukene n’ibibazo by’imibereho myiza birimo no kugwingira kw’abana.

Imirenge itandatu ku mirenge 13 igize Akarere ka Ngororero ni yo ihingwamo ibirayi cyane.

Buri gihembwe hakenerwa toni ebyiri z’imbuto kuri hegitari.

Umuhinzi wahinze neza kandi agafumbira, yeza toni 23 kuri hegitari imwe.

TAGGED:featuredGatabaziIbirayiIntaraMinisitiriNgororero
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Byatangajwe Ko u Burusiya Bumaze Gupfusha Abasirikare Hafi 10,000 Muri Ukraine
Next Article Imikino Ni Umwarimu Mwiza W’Abana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?