Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2025 7:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Umukecuru yamubwiye ibyiza yaisanze ku Mudugudu.
SHARE

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva mu ruzinduko yari amazemo iminsi ibiri mu Burasirazuba ntiyasuye imirima n’ibiraro by’amatungo gusa ahubwo yasuye n’abaturage, bamubwira akamaro ibyo byose byabagiriye ku Mudugudu aho batuye.

Umwe mu bakecuru batuye mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Rwabiharamba, mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare yamubwiye ko ubu atuje, atekanye, anywa amata kandi yumva ko azasazira ahasukuye.

Uyu Mudugudu uri mu Murenge wa Karangazi umwe mu Mirenge minini cyane mu Rwanda.

Ati: “Aho nari ntuye mbere nari meze nabi pe, nta mazi yahabaga, nta bavandimwe tuganira, mba mu ishyamba mu ijoro umugizi wa nabi akaba yaza akampotora”.

Umudugudu aturanyemo n’abandi ugizwe n’inzu 120 zifite ibyangombwa bikenerwa n’umuntu ngo abe mu nzu nziza.

Abatuye uyu Mudugudu kandi bamenye ko inzu batuyemo ari izabo, ko atari iza Leta nk’uko hari bamwe mu mizo ya mbere babyibwiraga.

Umudugudu w’ikitegererezo wa Rwabiharamba, mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare

Bumvaga ko inzu ari iza Leta bityo ko mu gihe hari icyo imwe muri zo yangiritseho ari yo-ni ukuvuga ba Gitifu- igomba kuza kugisana.

Uko iminsi itambuka, abenshi bahinduye iyo myumvire, ubu bita kuri izo nzu nk’umutungo wabo bwite.

Wa mukecuru yakomeje ati: “Ubu mfite amahoro, nateye imbere, mfite na televiziyo, ndeba amakuru na Perezida wacu Paul Kagame n’abayobozi b’igihugu. Mbese ndanezerewe”.

Mbere yo kuganiriza abatuye uyu Mudugudu, Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yabanje kwerekwa aho umushinga Gabiro Agribusiness Hub w’ubuhinzi bwa kijyambere buhinze ku buso bunini ugeze.

Ni icyanya cyuhirwa kinini cyane kiri ku buso bwa hegitari 16,000.

Ni ahantu hagari cyane hitezweho kuzaba ikigega kigaburira u Rwanda mu myaka iri imbere.

Kugeza ubu abantu 6,000 nibo bahafite akazi gahoraho cyangwa ka banyakabyizi kabafasha gutunga imiryango yabo.

Amazi yo kuhiza imyaka iteye kuri ubwo buso akogotwa mu ruzi rw’Akagera kava mu Rwanda kakagenda kakazagera muri Tanzania.

Uru ruzi kandi nirwo rwitiriwe Pariki iri mu Burasirazuba bw’u Rwanda yitwa Akagera National Park kuko ruyicamo rwagati rugakomereza iyo za Tanzania.

Pariki y’Akagera

Kugira ngo amazi yarwo akoreshwe mu kuhira, byabaye ngombwa ko abanza gutunganyirizwa mu ruganda ruyakogota rukayayungurura neza mbere yo gushyirwa mu kidendezi kigari cyane kiri hafi aho.

Muri icyo kidendezi kinini bihagije niho hashamikiraho undi muyoboro w’amazi(canal) muremure cyane ugenda ukikiye ya mirima twavuze haruguru ku ntera ifite ibilometero birenga 20.

Iki kidendezi nicyo kivanwamo amazi akoreshwa mu kuhira imirima iri kuri hegitari 16,000.

Aho rero niho abahanga bashamikiye amatiyo amanura amazi ayamishagira mu mirima.

Umuyobozi wa Gabiro Agribusiness Hub, Ngarambe Aloys, avuga ko ishoramari ry’uwo mushinga rigeze ku gipimo gishimishije kandi ryitezweho kuzamura iterambere ry’u Rwanda.

Avuga ko hari abashoramari benshi bamaze kuhashora kandi bagikomeje kuhayoboka.

Ati: “Ubu hari abashoramari bandi barindwi baje kugura ubutaka bwo guhinga kandi baratangiye. Babiri muri bo bamaze gushyiramo ibikorwa remezo byo kuhira, abandi bari mu nzira zo kubishyiramo. Kugeza ubu umushinga umeze neza kandi urabona ko uzagirira igihugu akamaro”.

Hari umwe muri bo wabwiye itangazamakuru ati: “Tuhafite hegitari 500 duhinga mu byiciro binyuranye. Ubu duhinga 170 zose hamwe, buri cyumweru duhinga zirindwi muri zo kugira ngo tuzabashe kugurisha tutagiriye rimwe umusaruro kuko kuwubonera isoko bishobora kugorana”.

Abashoramari bishimira ibikorwa bahafite n’akamaro bizagirira u Rwanda.

Muri Gabiro Agribusiness Hub hakorerwa n’ubworozi bwa kijyambere bw’ inka zitanga umukamo uri hagati ya litilo 250 na 300 ku munsi.

Hasigaye 10% ngo ubuso bwose bw’iki cyanya buba butunganyijwe burimo ibikorwaremezo kuko ubu byamaze gushyirwa kuri 90%.

Ingengo y’imari ya Miliyari Frw 100 niyo yashowemo.

Uruzinduko Dr. Justin Nsengiyumva yakoreraga mu Burasirazuba yarutangiye kuri uyu wa Gatanu tariki 08, Kanama, 2025.

Gabiro Agri-business hub ikorwa k’ubufatanye ba Leta y’u Rwanda n’ikigo cyo muri Israel kizobereye mu byo kuhira kitwa Netafim.

TAGGED:AbashoramarifeaturedGatsiboKarangaziNsengiyumvaNyagatareUbuhinziUbworoziUmuduguduUmukecuruUmushinga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu
Next Article ‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amahoro Na Kigali Pelé Stadium Zemerewe Kwakira Amarushanwa Nyafurika 

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

General Muganga Yavuze Akazi Ingabo Zikorera Mu Mahanga

Ukraine Yahejwe Mu Biganiro Byo Kurangiza Intambara Yayishegeshe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Sandra Teta Yarekuwe

Burundi: Umugore Yagizwe Minisitiri W’Ingabo

Ibyotsi Bihumanya Ikirere Cy’u Rwanda Byikubye 5 Mu Bukana- REMA

Nyanza: Umurambo W’Umusore Wari Umaze Icyumweru Yarabuze Bawusanze Mu Mufuka

Imbaduko PM Nsengiyumva Atangiranye Mu Kuzamura Ubuhinzi N’Ubworozi

You Might Also Like

IbidukikijeImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Hari Icyo Abana Basaba Abayobozi Bakuru B’Igihugu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ubwizigame Bw’Abanyarwanda Ntiburagera No Kuri 50%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?