Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gatsibo: Umusaza Nyagashotsi Warwanye Intambara II Y’Isi Yimwe Ifumbire
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Gatsibo: Umusaza Nyagashotsi Warwanye Intambara II Y’Isi Yimwe Ifumbire

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 April 2024 6:37 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Uyu musaza ufite ipeti rya Captain(Rtd) avuga ko ubuyobozi bw’Umurenge w’aho atuye yimwe ifumbire ngo abyaze umusaruro isambu yahawe na Perezida Kagame nyuma y’uko yari yamusabye inkunga yamusashija neza.

Taarifa yamusuye iwe mu Mudugudu wa Gakunyu, Akagari ka Ndatemwa muri Kiziguro atubwira ibimuri ku mutima.

Mu ijwi ririmo gutebya yavuze ko aherutse kuzuza imyaka 104 y’amavuko.

Iyo muganira uba wumva yibuka iby’ubuzima bwe bwose.
Nyagashotsi Epaimaque yabanje gushima Perezida Kagame wamuhinduriye ubuzima.
Ati: “Yanyubakiye inzu nziza, ampa inka. Nywa amata buri munsi kandi ndahinga”.

Mu mwaka wa 2021 nibwo Perezida Kagame yahaye uyu musaza inka n’inzu.

Byabaye nyuma y’inkuru Taarifa yari yakoze aho uwo musaza yasabaga Umukuru w’igihugu ko yamusajisha neza nk’umuntu warwanye intambara ya kabiri y’isi ndetse hakaba hari abana be baguye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda.

Ni icyifuzo cyaje kumvwa, ubuyobozi bw’aho atuye bumuha itungo yagenewe n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu.

Ibyo yahawe byose ubihaye agaciro byahagarara kuri miliyoni Frw 16.

N’ubwo ari uko bimeze, ku rundi ruhande, Epaimaque Nyagashotsi avuga ko hari ibibazo afite biterwa n’ubuyobozi bw’aho atuye, agasaba ko inzego zabizamo bigakemuka.

Yabwiye Taarifa ati: ” Nimwe ifumbire mu bihe bitandukanye nari nyikeneyemo ngo mfumbire imyaka. Bansaba kwerekana icyangombwa cy’ubutaka nahawe na Perezida. Nabonanye kenshi na Meya nkabimutekerereza akanyizeza ko bizakemuka ariko narategereje amaso yaheze mu kirere”.

Avuga ko amaze kubona abuze ifumbire mva ruganda yahabwaga abandi, yahisemo gukoresha ifumbire y’amase y’inka ze n’ubwo idahagije.

Taarifa iracyagerageza kuvugana n’ubuyobozi bw’Akarere ngo bugire icyo buvuga k’ukurangaranwa Nyagashotsi Epaimaque avuga ko bwamukoreye.

TAGGED:featuredIfumbireKagameNyagashotsi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugiye Kungukira Kuri Miliyoni $100 Zo Kuzahura Ubuhinzi
Next Article Biyitiriye Croix Rouge Y’u Rwanda Biba Umucuruzi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

You Might Also Like

Ububanyi n'Amahanga

RDF Ikomeje Kubakira Ubushobozi Ingabo Za Centrafrique 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'Abaturage

Nyamasheke: Bahangayikishijwe N’Uko Bateye Imyaka Ikuma Inzara Ikaba Ibugarije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Indonesia: Umutingito Wateye Tsunami Yishe Abantu 248

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?