Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Ibingira Na Lt Gen Muhire Barafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gen Ibingira Na Lt Gen Muhire Barafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2021 10:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Gen Fred Ibingira na Lt Gen (Rtd) Charles Muhire bafunzwe bakurikiranyweho ibibazo by’imyitwarire, nyuma yo gufatwa mu bihe bitandukanye barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Gen Ibingira ni Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara mu gihe Lt Gen (Rtd) Muhire na we yabaye Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara n’Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere, asezererwa mu Ngabo mu 2014.

The New Times yatangaje ko Gen Ibingira yafashwe ku wa 7 Mata, ubwo byari bimaze kumenyekana ko mu minsi itatu yari ishize yitabiriye imihango yo gusaba no gukwa mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma mu Karere Ka Huye.

Ni imihango ibujijwe muri iki gihe mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Icyo kinyamakuru cyanatangaje ko (Rtd)Lt Gen Muhire we ku wa 24 Mata yafatiwe ahitwa Pegase Resort Inn ku i Rebero mu Karere ka Kicukiro, we n’abandi bantu 33 barimo basangira ibyo kunywa, binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Umuvugizi wa RDF Lt Col Ronald Rwivanga yemeje ko abo basirikare bakuru bafashwe na Polisi, ibashyikiriza Ingabo z’u Rwanda.

Yakomeje ati “Nibyo koko abo ba Ofisiye Jenerali bafunzwe bakurikiranyweho ibikorwa bijyanye n’imyitwarire mibi.”

Bombi bakurikiranyweho ko barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Yakomeje ati “Uru rwego rufite amategeko agenga imyitwarire adusaba guhora turi intangarugero.”

- Advertisement -

Ni amabwiriza ngo areba abasirikare bari mu kazi cyangwa abari mu kiruhuko.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yatangaje ko hari n’abapolisi babiri bakuru bo mu Majyepfo bafashwe, barimo Chief Superintendent of Police( CSP) Francis Muheto uyobora Polisi mu Ntara y’Amajyepfo na Senior Superintendent of Police( SSP) Gaston Karagire uyobora Polisi mu Karere ka Huye.

Bafunzwe bazira ko bamenye ko hari amabwiriza yishwe, ariko ntibagire icyo babikoraho.

Mu bandi bafashwe barimo Fidel Rugomwa, nyiri ahantu ubukwe bwabereye. Yafunzwe hafi icyumweru, arekurwa atanze amande. Ni kimwe n’abandi basivili bafatiwe muri biriya bikorwa.

CP Kabera yavuze ko biriya bikorwa byitabiriwe n’abantu 70, mu gihe nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko.

TAGGED:AmabwirizaCharles MuhireCOVID-19featuredIbingiraKaberaPolisiRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 70 000 Arabyanga Barafungwa
Next Article Minisitiri W’Intebe Mushya Wa DRC Azarusha Iki Abamubanjirije?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?