Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Ibingira Na Lt Gen Muhire Barafunzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gen Ibingira Na Lt Gen Muhire Barafunzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 April 2021 10:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Gen Fred Ibingira na Lt Gen (Rtd) Charles Muhire bafunzwe bakurikiranyweho ibibazo by’imyitwarire, nyuma yo gufatwa mu bihe bitandukanye barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Gen Ibingira ni Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara mu gihe Lt Gen (Rtd) Muhire na we yabaye Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara n’Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere, asezererwa mu Ngabo mu 2014.

The New Times yatangaje ko Gen Ibingira yafashwe ku wa 7 Mata, ubwo byari bimaze kumenyekana ko mu minsi itatu yari ishize yitabiriye imihango yo gusaba no gukwa mu Kagari ka Butare, Umurenge wa Ngoma mu Karere Ka Huye.

Ni imihango ibujijwe muri iki gihe mu kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Icyo kinyamakuru cyanatangaje ko (Rtd)Lt Gen Muhire we ku wa 24 Mata yafatiwe ahitwa Pegase Resort Inn ku i Rebero mu Karere ka Kicukiro, we n’abandi bantu 33 barimo basangira ibyo kunywa, binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Umuvugizi wa RDF Lt Col Ronald Rwivanga yemeje ko abo basirikare bakuru bafashwe na Polisi, ibashyikiriza Ingabo z’u Rwanda.

Yakomeje ati “Nibyo koko abo ba Ofisiye Jenerali bafunzwe bakurikiranyweho ibikorwa bijyanye n’imyitwarire mibi.”

Bombi bakurikiranyweho ko barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Yakomeje ati “Uru rwego rufite amategeko agenga imyitwarire adusaba guhora turi intangarugero.”

Ni amabwiriza ngo areba abasirikare bari mu kazi cyangwa abari mu kiruhuko.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yatangaje ko hari n’abapolisi babiri bakuru bo mu Majyepfo bafashwe, barimo Chief Superintendent of Police( CSP) Francis Muheto uyobora Polisi mu Ntara y’Amajyepfo na Senior Superintendent of Police( SSP) Gaston Karagire uyobora Polisi mu Karere ka Huye.

Bafunzwe bazira ko bamenye ko hari amabwiriza yishwe, ariko ntibagire icyo babikoraho.

Mu bandi bafashwe barimo Fidel Rugomwa, nyiri ahantu ubukwe bwabereye. Yafunzwe hafi icyumweru, arekurwa atanze amande. Ni kimwe n’abandi basivili bafatiwe muri biriya bikorwa.

CP Kabera yavuze ko biriya bikorwa byitabiriwe n’abantu 70, mu gihe nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko.

TAGGED:AmabwirizaCharles MuhireCOVID-19featuredIbingiraKaberaPolisiRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bahaye Umupolisi Ruswa Ya Frw 70 000 Arabyanga Barafungwa
Next Article Minisitiri W’Intebe Mushya Wa DRC Azarusha Iki Abamubanjirije?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?