Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Ibingira Ntakiri Umugaba w’Inkeragutabara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gen Ibingira Ntakiri Umugaba w’Inkeragutabara

admin
Last updated: 04 July 2021 1:42 pm
admin
Share
SHARE

Gen Fred Ibingira ntakiri Umugaba w’Inkeragutabara, nyuma y’igihe bitangajwe ko yafatiwe mu makosa yo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya COVID-19, agafungwa.

Urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo ku bayobozi b’Ingabo z’u Rwanda rwerekana ko Umugaba w’Inkeragutabara ari Maj Gen (Rtd) Amb Frank Mugambage, by’agateganyo. Gen Mugambage yari Umugaba wungirije w’Inkeragutabara ushinzwe umusaruro kuva mu Ugushyingo 2020.

Ntabwo izi mpinduka zigeze zitangazwa nk’uko bisanzwe iyo hashyizweho umugaba mushya w’umutwe runaka w’ingabo, bitandukanye n’uko byari bimenyerewe.

Amakuru Taarifa yabonye ni uko Gen Mugambanye ari we uyobora Inkeragutabara kugeza hatangajwe ikindi cyemezo. Abagaba b’Ingabo bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, ari na we Mugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Gen Ibingira yamaze igihe kinini ayobora Inkeragutabara kuko yagiyeho mu 2010, ageza mu 2018 ubwo yasimburwaga by’agateganyo na Maj Gen Aloys Muganga. Na we yaje gusimburwa na nyakwigendera Lt Gen Jacques Musemakweli. Gen Ibingira yasubiye muri uwo mwanya mu Ugushyingo 2019.

Muri Mata Minisiteri y’Ingabo yemeje ko Gen Fred Ibingira na Lt Gen (Rtd) Charles Muhire bafunzwe bakurikiranyweho ibibazo by’imyitwarire, nyuma yo gufatwa mu bihe bitandukanye barenze ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Lt Gen (Rtd) Muhire na we yabaye Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara n’Umugaba w’Ingabo zirwanira mu Kirere. Yasezerewe mu Ngabo mu 2014.

Inkeragutabara ni umwe mu mitwe y’Ingabo z’u Rwanda hamwe n’Ingabo Zirwanira ku Butaka n’Ingabo Zirwanira mu Kirere.

Ni icyiciro cy’Ingabo zidakora akazi ka gisirikare ku buryo buhoraho, ariko zishobora kwitabazwa igihe cyose bibaye ngombwa

- Advertisement -

Iteka rya Perezida rishyiraho Sitati Yihariye y’Ingabo z’u Rwanda riteganya ko iyo abasirikare b’umwuga cyangwa bagengwa n’amasezerano barangije akazi ka gisirikare ka buri munsi, bashyirwa mu Nkeragutabara mu gihe cy’imyaka itanu ishobora kongerwa inshuro imwe gusa.

Abagize Inkeragutabara bashobora no gutoranywa mu basivili basanzwe bujuje ibisabwa.

Mu gihe cy’intambara, ibyago bigwiririye igihugu, amahugurwa cyangwa akandi kazi, abagize Inkeragutabara bashobora guhamagarirwa kujya mu mitwe ikora akazi ka gisirikare, byemejwe n’umuyobozi ubifitiye ububasha.

Mu gihe cyo guhamagarwa, abagize Inkeragutabara bagengwa na Sitati yihariye y’Ingabo z’u Rwanda.

Maj Gen (Rtd) Frank Mugambage yagizwe umuyobozi mu Nkeragutabara nyuma y’igihe ari ambasaderi w’u Rwanda muri Uganda na Sudani y’Epfo kuva mu 2009-2020.

Mbere yaho yabaye umudepite uhagarariye Ingabo aba n’umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda mu 1994-1995. Yahavuye aba Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida Paul Kagame mu 1996-1998.

Nyuma yagizwe Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo z’u Rwanda mu 1998-2000, aba Komiseri Mukuru wa Polisi mu 2000-2004, aza kongera kuyobora ibiro by’umukuru w’igihugu mu 2006-2009, nyuma aza kugirwa ambasaderi.

Afite imyabumenyi y’icyiciro cya gatatu cya kaminuza muri dipolomasi n’Imibanire n’amahanga yabonye mu 2005, muri Kaminuza ya Nairobi. Yanakoze andi masomo ya gisirikare muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, mu Bushinwa na Kenya.

Maj Gen (Rtd) Amb Frank Mugambage ni we Mugaba w’Inkeragutabara w’Agateganyo
TAGGED:Amb Frank MugambagefeaturedGen Fred IbingiraRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yatanze Icyizere Ku Ruganda Ruzakora Inkingo Za COVID-19
Next Article Imiryango 144 Yatujwe Mu Mudugudu Wa Kinigi Watwaye Miliyari 27 Frw
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?