Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Kabandana Yasabye Ingabo Za SADC Gukorana N’Iz’u Rwanda Bagatsinda Ibyihebe Burundu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Gen Kabandana Yasabye Ingabo Za SADC Gukorana N’Iz’u Rwanda Bagatsinda Ibyihebe Burundu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 January 2022 9:27 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugaba w’ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique mu bikorwa byo guhashya abarwanyi bari bamaze imyaka myinshi barigaruriye Intara ya Cabo Delgado Major General Innocent Kabandana yasabye abagaba b’izindi ngabo ziri muri kariya gace gukorana n’u Rwanda bakarimbura ibindi birindiro bya bariya barwanyi.

Yabibasanye kuri uyu wa Gatatu tariki 19, Mutarama, 2022 ubwo bari baje gusura ibirindiro by’ingabo z’u Rwanda biri muri Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique.

Abo bagaba ni Umugaba mukuru w’Ingabo z’Afurika y’Epfo Gen Rudzani Maphwanya.

Yari aherekejwe n’Umugaba mukuru wungirije w’ingabo za Mozambiquethe Lt Gen Bertolino Jeremias Capetine.

Hari kandi na Maj Gen Xolani Mankayi uyoboye ingabo za SADC ziri muri  Mozambique (SAMIM)

Ubwo bageraga ku cyicaro cy’ingabo z’u Rwanda muri kariya gace Major General Innocent Kabandana  yarabakiriye abereka aho ingabo z’u Rwanda zigeze zikora makazi kazizanye ndetse n’ibyo ziteganya gukora.

Gen Kabandana yababwiye ko muri iki gihe ari ngombwa ko abasirikare bose bari muri Cabo Delgado bakorana bya hafi kugira ngo basenye ibindi birindiro by’abarwanyi birukanywe mu bice byinshi bya Cabo Delgado ariko bakaba barashatse ahandi bihisha.

Muri iki gihe ngo baciye ingando mu duce nka Chai Macomia, Pundanhiar no  Nicha de Ruvuma.

Umugaba w’ingabo za Afurika y’Epfo yavuze ko uruzinduko rwe muri kariya gace rwari rugamije kureba uko ingabo z’Afurika y’Epfo ziri muri SADC zimerewe akaboneraho no gusura ingabo z’u Rwanda na Polisi zihakorera.

Tariki 10, Mutarama, 2022 hari Itsinda  riyobowe n’Umugaba w’ingabo za Mozambique witwa General Admiral Joaquim Rivas Mangrasse ryaje mu Rwanda kugira ngo riganire n’inzego z’umutekano w’u Rwanda, barebere hamwe aho impande zombi zigeze zihashya abarwanyi bo muri Cabo Delgado n’ibitarakorwa kugira ngo bazihashye burundu kandi muri kiriya gihugu hagaruke umutekano urambye.

Muri iki gihe ingabo z’u Rwanda na Polisi yarwo ziri muri Mozambique ziri gutoza abasirikare n’abapolisi ba kiriya gihugu kugira ngo umunsi inzego z’umutekano ziri muri kiriya gihugu nizitaha mu Rwanda, Mozambique izakomeze yirindire umutekano.

 

TAGGED:Cabo DelgadofeaturedIngaboKabandanaPolisiRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwigeze Gushinjwa ‘Kwiba’ Ingoma Z’u Burundi
Next Article Colonel Gatabazi Wasabiwe Gukurikiranwaho Iterabwoba Ni Muntu Ki?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Kagame Yaganiriye N’Ubuyobozi Bw’Ihuriro Rw’Ubukungu Ku Isi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?