Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Muganga Yasabye Abakinnyi Ba APR Gutwara ‘Ibikombe Byose’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Gen Muganga Yasabye Abakinnyi Ba APR Gutwara ‘Ibikombe Byose’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 06 May 2022 5:01 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Lieutenant General Mubarakh Muganga usanzwe ari umuyobozi wa APR FC yabwiye abakinnyi b’iriya kipe ko bagomba gutwara ibikombe byose biri guhatanirwa mu Rwanda muri iki gihe.

Ku rubuga rwa APR FC handitseho ko Lt Gen Muganga yabibwiye abakinnyi ba APR FC ubwo yari yabasanze mu myitozo bakoraga bitegura umukino wa Shampiyona uzayihuza na Espoir FC yo mu Karere ka Rusizi.

Gen Muganga yagize ati: “ Urugamba rugeze ahakomeye! Namwe muri kubibona ko dufite imikino imeze nka finale kuri twe kandi iyo mikino yose iregeranye, rero iyo mikino yose niyo igomba kugena uko umwaka wacu wagenze haba kuri Shampiyona ndetse n’igikombe cy’Amahoro.”

Lt Gen Muganga uyobora Ikipe ya APF FC

Yababwiye ko abizeye, ko batazamutaba mu nama.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakomeje ati: “ Ndizera ko ibyatambutse byatambutse, imitima twese tuyerekeje kuri iyi mikino isigaye, muri abakinnyi beza kandi bafite intego mu buzima, muri bakuru muzi icyo tubakeneyeho.”

Yabibukije ko bishoboka cyane ko ibikombe biri gukinirwa byose babitwara.

Muganga yabasabye kuzabyegukana ubundi ibindi bakazabibabaza.

Umugaba w’ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka Lt Gen Mubarakh Muganga yabwiye abakinnyi ba APR ko muri iki gihe baba bagomba kwirinda ibyabajyana mu bintu bidafite akamaro  ahubwo bagashyira umutima ku kazi kabo.

Shampiyona irabura imikino itanu ngo irangire.

- Advertisement -

APR F.C niyo iri ku mwanya wa mbere n’aho imikino y’igikombe cy’amahoro yo igeze muri ½.

 

TAGGED:AbakinnyiAPRfeaturedImikinoMuganga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Minisitiri W’Umutekano Mu Gihugu Yabwiye Ab’i Rusizi Umwanzi Wabo
Next Article Nyagatare: Akarere Kaza Mu Twa Mbere Dufite Abasambanya Abana Benshi Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?