Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Ruvusha Yakiriye Ubuyobozi Bw’Ingabo Z’u Rwanda Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Gen Ruvusha Yakiriye Ubuyobozi Bw’Ingabo Z’u Rwanda Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2024 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Maj Gen Alex Kagame wari usanzwe uyobora inzego z’umutekano ziri mu butumwa muri Mozambique yaraye aherekanyije ububasha na Maj Gen Emmanuel Ruvusha ngo aziyobore.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu taliki 07, Nzeri 2024, i Mocimboa Dá Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.

Mu guhererekanya ubu bubasha, hari hari n’izindi nzego z’umutekano no mu rwego rushinzwe iperereza n’umutekano w’Igihugu, NISS.

Ubwo yageraga muri Mozambique, Maj Gen Emmanuel Ruvusha yasobanuriwe byinshi atemberezwa mu duce inzego z’umutekano z’u Rwanda zigenzura twa Mocimboa da Praia, Chinda, Palma, Afungi, Pundanhar, Macomia, Ancuabe ndetse na Pemba.

Maj. Gen Ruvusha yashimye mugenzi we ucyuye igihe kubera imbaraga n’ubwitange yagaragaje mu gufasha abo yari ayoboye kuzuza inshingano zabo.

Muri Kanama irangira nibwo itsinda rishya ry’ingabo z’u Rwanda ryagiye muri Mozambique gusimbura bagenzi babo.

Kubasezeraho byabereye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, witabirwa n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa (DIGP) Vincent Sano.

Muri Nyakanga 2021, nibwo u Rwanda rwatangiye kohereza Ingabo na Polisi bagiye kurwanya ibyihebe bya Ansar al-Sunna mu Ntara ya Cabo Delgado iherereye mu Majyaruguru ya Mozambique.

Zakoze akazi kazo neza kugeza ubwo abaturage bari baravanywe mu byabo n’ibikorwa by’iterabwoba by’uyu mutwe, bongera kugaruka.

TAGGED:featuredKagameMozambiqueRuvusha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RSB Yahagaritse Gutanga Ikirango ‘R-Mark’
Next Article I Gatsibo Hashyizwe Irerero Ry’Umupira W’Amaguru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?