Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Gen Ruvusha Yakiriye Ubuyobozi Bw’Ingabo Z’u Rwanda Muri Mozambique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Gen Ruvusha Yakiriye Ubuyobozi Bw’Ingabo Z’u Rwanda Muri Mozambique

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2024 12:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Maj Gen Alex Kagame wari usanzwe uyobora inzego z’umutekano ziri mu butumwa muri Mozambique yaraye aherekanyije ububasha na Maj Gen Emmanuel Ruvusha ngo aziyobore.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu taliki 07, Nzeri 2024, i Mocimboa Dá Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.

Mu guhererekanya ubu bubasha, hari hari n’izindi nzego z’umutekano no mu rwego rushinzwe iperereza n’umutekano w’Igihugu, NISS.

Ubwo yageraga muri Mozambique, Maj Gen Emmanuel Ruvusha yasobanuriwe byinshi atemberezwa mu duce inzego z’umutekano z’u Rwanda zigenzura twa Mocimboa da Praia, Chinda, Palma, Afungi, Pundanhar, Macomia, Ancuabe ndetse na Pemba.

Maj. Gen Ruvusha yashimye mugenzi we ucyuye igihe kubera imbaraga n’ubwitange yagaragaje mu gufasha abo yari ayoboye kuzuza inshingano zabo.

Muri Kanama irangira nibwo itsinda rishya ry’ingabo z’u Rwanda ryagiye muri Mozambique gusimbura bagenzi babo.

Kubasezeraho byabereye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, witabirwa n’Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa (DIGP) Vincent Sano.

Muri Nyakanga 2021, nibwo u Rwanda rwatangiye kohereza Ingabo na Polisi bagiye kurwanya ibyihebe bya Ansar al-Sunna mu Ntara ya Cabo Delgado iherereye mu Majyaruguru ya Mozambique.

Zakoze akazi kazo neza kugeza ubwo abaturage bari baravanywe mu byabo n’ibikorwa by’iterabwoba by’uyu mutwe, bongera kugaruka.

TAGGED:featuredKagameMozambiqueRuvusha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RSB Yahagaritse Gutanga Ikirango ‘R-Mark’
Next Article I Gatsibo Hashyizwe Irerero Ry’Umupira W’Amaguru
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?